UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE STUDENTS SHOWCASE CULTURAL DIVERSITY
Musanze, 14 January 2022
Rwanda Defence Force Command and Staff College students (Course 10) in Nyakinama, Musanze district today celebrated the…
Mozambique Armed Forces Chief of General Staff visits RDF Headquarters and signs agreement on expanding cooperation in fighting insurgents in Cabo Delgado
Kigali, 10 January 2022
A joint security and defence meeting was held today between the Chiefs of Staff of the Rwanda Defence Force, Gen J Bosco…
Inzego z’Umutekano z’u Rwanda na Mozambique zahuriye mu nama isuzuma uko umutekano uhagaze muri Cabo Delgado
Kigali, 9 Mutarama 2022
Uyu munsi abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano z’u Rwanda na Mozambique bahuye mu nama y’umutekano yarigamije gusuzuma uko…
Rwanda and Mozambique Defence and Security officials hold meeting to review the security situation in Cabo Delgado
Kigali, 9 January 2022
Today, a defence and security operational meeting between Rwanda and Mozambique security officials was held at the Rwanda…
Rwandan peacekeepers provide medical care services to residents of Lainya County in South Sudan
Juba, 31 December 2021
Rwandan peacekeepers (Rwanbatt3) under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) conducted patrols from their base at…
President of the Republic of Mozambique visits Rwanda and SADC forces in Cabo Delgado, Mozambique
Yesterday on 29th Dec 21, the President of the Republic of Mozambique, H.E Filipe Nyusi accompanied by Minister of Defence made an official visit to…
RDF itanze amahirwe ku Banyarwanda bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda Umutwe w’Inkeragutabara
RDF itanze amahirwe ku Banyarwanda bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda Umutwe w’Inkeragutabara
Kigali, 24 Ukuboza 2021
Nkuko itegeko N°10/2011 ryo…
RDF Officers and other ranks complete Basic Special Operation Forces Training at Basic Military Training Centre in Nasho.
Thursday 23rd December 2021, Nasho
Today, 23 Dec 21, a total 302 special operations forces completed an 11 months Basic Special Operation Forces…