UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF COMMANDER-IN-CHIEF DONATES COWS AND SHEEP TO FAMILIES IN RUTSIRO AND RUBAVU DISTRICTS
Tuesday, 21 September 2021
HE the President and the Commander in Chief (C-in-C) of Rwanda Defence Force (RDF) donated 18 cows and 40 sheep to…
EAC Chiefs and Directors of Military Intelligence discuss regional security
KIGALI, 20 September 2021
The Chiefs and Directors of Military Intelligence of the six EAC member States have today convened in Kigali for a…
RDF Army Chief of Staff hails Rwandan Forces efforts to stabilize Cabo Delgado in Mozambique
Cabo Delgado, 19 September 2021
The Rwanda Defence Force Army Chief of Staff (ACOS), Lt Gen Mubarakh Muganga is on a 4-day visit to Rwandan Forces…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTIONS AND APPOINTMENT IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/12/21
KIGALI, 09 SEPTEMBER 2021
H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER IN CHIEF OF THE RDF HAS PROMOTED AND…
PRESIDENT KAGAME CHAIRS HIGH COMMAND COUNCIL
At Camp Kigali, 9 Sept 2021
Today, President and Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force (RDF) chaired a High Command Council of members from…
MINUSCA Force Commander commends readiness of Rwandan peacekeepers in Central African Republic
Bangui, 07 September 2021
The United Nations Multidimensional Integrated Stabilisation Mission in Central African Republic (MINUSCA), Force Commander…
United Nations Engagement Platoon Pilot Course in Rwanda
Kigali, 05 September 2021
The Rwanda Defence Force is hosting the first United Nations Engagement platoon pilot course from 1st to 10th September…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTIONS AND APPOINTMENT IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/11/21
KIGALI, 04 SEPTEMBER 2021
H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER IN CHIEF OF THE RDF HAS PROMOTED AND…
Greece donates Covid-19 vaccines to Rwanda
Kigali, 03 September 2021
Rwanda has today received 200,000 Covid-19 doses of AstraZeneca donated by Hellenic Armed Forces through partnership with…
Soldiers complete basic military training
Nasho, 28 August 2021
The Rwanda Defence Force (RDF) today graduated a basic military course at Nasho Basic Military Training Centre.
The young men…