UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
‘UN Military Experts on Mission’ Course starts at Rwanda Peace Academy
Musanze, 29 October 2018

Twenty-one military officers from five Eastern Africa Standby Force (EASF) member states, started on Monday a three-week…
Rwanda Defence Force Command and Staff College graduates 39 Junior Officers
Musanze, 26 October 2018
Thirty nine junior officers that include thirty seven from Rwanda Defence Force (RDF) and two from Rwanda National Police…
Rwanda Military Hospital successfully conducts Ebola simulation exercise
Kigali, 25 October 2018
Rwanda Defence Force (RDF) through Rwanda Military Hospital in Kanombe, on Thursday successfully conducted a drill dubbed…
Major General Murasira takes charge as the new Defence Minister
Kigali, 22 October 2018
Major General Albert Murasira, the newly appointed Defence Minister was today handed the reins of the Defence Ministry.…
Rwanda Defence Force Senior Officers undergo physical test
19 October 2018
Rwanda Defense Forces have started conducting annual Physical Fitness Tests (PFT) program for all its personnel. The first…
Rwanda hosts the African integrated crisis management course
Musanze, 14 October 2018
The Rwanda Peace Academy in collaboration with the Nordic Defense Cooperation (NORDEFCO) and the Eastern Africa Standby…
Relief as CAR diaspora donates medical insurance to 2000 vulnerable people in Huye
Huye, 01 October 2018
Central African Republic (CAR) diaspora have donated health care packages worth Rwf6 million to 2000 members of vulnerable…
Fifteen Rwanda Air Force personnel conclude Force Development training
Kigali, 27 September 2018
Fifteen (15) senior and junior officers from Rwanda Air Force concluded a ten-day workshop on Force Development Programme…
The 2nd Ugandan Deputy Prime Minister calls for regional efforts to address Security challenges
Jinja, 25 May 2013
Gen. Moses Ali, the Ugandan Second Prime Minister said that international terrorism, cross border crimes constitute menace to…
RDF participates in the largest military communications exercise code named ‘Africa Endeavor’
Five Rwanda Defence Force (RDF) officers and one Non Commissioned Officer (NCO) led by Col Charles KARAMBA have just returned home from Abuja, Nigeria…