UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT 2025 CONCLUDES WITH TROPHY AND MEDAL AWARDS
Kigali, 3 July 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) successfully concluded Liberation Cup Tournament 2025 at Kigali Pele Stadium with exciting…
DEFENCE AND SECURITY CITIZEN OUTREACH PROGRAMME 2025 AND EAC ARMED FORCES CIMIC WEEK OFFICIALLY CLOSED
Kigali, 3 July 2025
The Defence and Security Citizen Outreach Programme 2025, which has been conducted across Rwanda over the past three months,…
EAC ARMED FORCES PROVIDE FREE MEDICAL SERVICES TO RESIDENTS OF NYANZA AND NGOMA DISTRICTS
Nyanza, 29 June 2025
The East African Community (EAC) Armed Forces medical specialists are currently offering free medical services to residents of…
RWANDAN BILATERAL CONTINGENT PARTICIPATES IN COMMUNITY WORK IN BANGUI
Bangui, 28 June 2025
The Rwanda Bilateral Contingent in the Central African Republic today participated in community work (Umuganda) in Bangui City.
…PRESS RELEASE: RWANDA HOSTS THE 5TH EAC ARMED FORCES CIVIL-MILITARY COOPERATION WEEK ACTIVITIES
REF:RDF/DPA/A/10/03/25
Kigali, 27 June 2025
Rwanda will host the 5th East African Community (EAC) Armed Forces Civil-Military Cooperation (CIMIC)…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE MEDICAL SERVICES TO LOCAL COMMUNITY IN SOUTH SUDAN
Durupi, 26 June 2025
Rwandan contingents serving under the United Nations Mission in South Sudan (Rwanbatt3, Rwanbatt1, Rwanda Aviation Unit, and…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UNITED NATIONS MEDALS
Bangui, 25 June 2025
Rwandan peacekeepers (RWABATT-1), under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central…
RWANDA SECURITY FORCE COMMANDER JOINS MOZAMBIQUE IN CELEBRATING 50 YEARS OF INDEPENDENCE
Cabo Delgado, 25 June 2025
Today, the Rwanda Security Force (RSF) joined the people of Mozambique in celebrating the country's 50th Independence…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE MEDICAL SERVICES TO IDPs IN MALAKAL
Malakal, 21 June 2025
Rwandan peacekeepers (RWANBATT-2), serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) in Malakal, conducted a…
NEWLY TRAINED SOLDIERS GRADUATE AT BASIC MILITARY TRAINING CENTRE NASHO
Nasho, 19 June 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) enrolled in its ranks a new cohort of young men and women who graduated today at the Basic…