UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RWANDA CELEBRATES 30 YEARS OF LIBERATION DAY
Kigali, 4 July 2024
The people of Rwanda and their friends from different parts of the continent and beyond have today gathered at Amahoro Stadium to…
DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA BRIEFED ON SECURITY SITUATION
Kigali, 3 July 2024
Defence attachés accredited to Rwanda were hosted today to a security briefing at the MOD/RDF Headquarters in Kimihurura. They…
UNMISS Force Commander visits Rwandan peacekeepers in Juba
Juba, 27 June 2024
Yesterday, the Force Commander of the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), Lt Gen Mohan Subramanian, paid a visit to…
FACULTY MEMBERS AND STUDENTS FROM THE NATIONAL DEFENCE INSTITUTE OF SENEGAL VISIT RDF HQS
Kigali, 25 June 2024
Today, 26 faculty members and Students from Senegal's National Defence Institute visited the Rwanda Defence Force (RDF)…
THE EAC ARMED FORCES FIELD TRAINING EXERCISE 'USHIRIKIANO IMARA2024' CONCLUDED
Bugesera,21 June 2024
Today, the 13th EAC partner states Armed Forces Field Training Exercise “Ushirikiano Imara 2024” concluded in a ceremony held…
EAC ARMED FORCES HAND OVER REHABILITATED BOREHOLES TO BUGESERA RESIDENTS
Bugesera, 20 June 2024
The East Africa Community partner states currently conducting the 13th EAC Armed Forces Field Training Exercise, 'Ushirikiano…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UNITED NATIONS MEDALS
Bossembele, 20 June 2024
Today, Rwandan peacekeepers (Rwabat-2) serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in…