UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF, US Military launch ‘Exercise Shared Accord 19’
Gabiro, 14 August 2019
Rwanda Defence Force (RDF) in partnership with the United States Military have today launched a peacekeeping exercise…
EAC military games underway in Nairobi
Nairobi, 13 August 2019
A Rwanda Defence Force (RDF) contingent is participating in the ongoing East Africa Community (EAC) Military Games and…
RWANDA TO HOST MILITARY FIELD TRAINING ‘EXERCISE SHARED ACCORD 19’
Kigali, 12 August 2019
Rwanda Defence Force (RDF), the United States Military, African nations, the European Union with other International…
Retiring military officers honoured
Kigali, 02 August 2019
Rwanda Defence Force (RDF) has for the seventh time held a send-off ceremony to honour the service of 822 personnel who had…
UN Military Experts on Mission Course begins at RPA
Musanze, 22 July 2019
The United Nations Military Experts on Mission Course (UNMEM) kicked off today at Rwanda Peace Academy (RPA) in Musanze…
RDF sports teams gear up for EAC Military Games
Kigali, 19 July 2019
Rwanda Defence Force (RDF) sports teams in five disciplines are preparing for edition 12 of the East African Community (EAC)…
Kwibohora25: Rwandan Peacekeepers celebrate Liberation Day
Rwandan communities in peacekeeping missions in Central African Republic under MINUSCA, in South Sudan under UNMISS and in Sudan under UNAMID, joined…
Rwanda marks 25 years of Liberation Day
Kigali, 4 July 2019
Rwanda’s silver jubilee celebrations of the Liberation Day were held today at Amahoro Stadium and presided over by President of…
President Kagame inaugurates Karama Model Village to mark Liberation Day
Kigali, 3 July 2019
Today in Nyarugenge district, President of the Republic and Commander-In-Chief of RDF Paul Kagame inaugurated Karama Model…
EAC CIMIC Tanzania, Uganda contingents pay homage to Genocide victims
Kigali, 1 July 2019
Contingents from Tanzania and Uganda who are in Rwanda for one-week East African Community Armed Forces medical outreach this…