UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
Mozambican Security Forces host Rwanda Security Forces and SADC Forces to a get together concert in Mocimboa Da Praia – Cabo Delgado.
Wednesday, 22 December 2021
Rwanda Security Forces and representatives from SADC Mission in Mozambique (SAMIM) joined Mozambican Defence and Security…
MOD Volleyball Team wins inter-institutions tournament
Kigali, 19 December 2021
The Ministry of Defence (MOD) Volley Ball Team (Female) has become champion in inter-government and private institutions…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTIONS AND APPOINTMENT IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/13/21
KIGALI, 17 DECEMBER 2021
H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA DEFENCE FORCE HAS…
The Minister of Defence of the Republic of Mozambique, Maj Gen Cristovão Chume visits the Joint Forces in Mocimboa Da Praia
Yesterday, 14 December 2021, Honorable Minister of Defence-Maj Gen Cristovão Chume who was accompanied by other Generals including Maj Gen M Nposso…
ZIGAMA CSS GENERAL ASSEMBLY APPROVES BUSINESS PLAN FOR THE YEAR 2022
Kigali, 14 December 2021
ZIGAMA CSS General Assembly members convened today at RDF Headquarters, Kimihurura. The General Assembly discussed and…
Rwanda Defence Minister addresses UN Peacekeeping Ministerial Conference in Seoul
Kigali, 08 December 2021
Hon Minister of Defence Maj Gen Albert Murasira today delivered a keynote speech to the 2021 Seoul United Nations…
RDF AND PARTNERS IN PEACE KEEPING OPERATIONS SHARE LESSONS LEARNT FROM PEACEKEEPING OPERATIONS
Kigali, 08 December 2021
Rwanda Defence Force (RDF) in partnership with the United States Institute of Peace (USIP), Global Peace Operation…
Rwanda Security Force (RSF) in Cabo Delgado – Mozambique, receive the 3rd Covid-19 vaccine dose (booster)
Today, 06th Dec 21, the RSF medical team started a vaccination exercise of the 3rd Covid-19 vaccine dose (booster) that is being given to all members…
SOUTH SUDAN OFFICIALS CONCLUDE POST-CONFLICT PEACEBUILDING COURSE IN MUSANZE
Musanze, 3 December 2021
Senior Government and security officials including Ministers, Senior military officials, Members of Parliament and…