UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF PRESS RELEASE – RETIREMENT IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/10/23
Kigali, 30 August 2023
1. H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS APPROVED THE…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION AND APPOINTMENT IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/09/23
Kigali, 30 August 2023
1. HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS PROMOTED…
The Mozambique Chief of General Staff Admiral Joaquim Mangrasse visits Rwanda Security Force HQ in Mocimboa da Praia - Cabo Delgado
Today, 25 August 2023, the Mozambique Chief of General Staff (CGS), Admiral Joaquim Mangrasse, visited Rwanda Security Force Headquarters (RSF HQs) in…
Rwandan peacekeepers and local community in South Sudan conduct community work in Juba City
Juba, 19 August 2023
Today, Rwandan Peacekeepers (RWANBATT-3, RWANBATT-1 and Rwanda Aviation Unit 11) serving under the United Nations Mission in…
A delegation headed by Mocimboa da Praia District Administrator visits Rwanda Security Force Headquarters in Cabo Delgado province
On 18th Aug 23, the Administrator of Mocimboa da Praia, Mr Sergio Domingo Cypriano accompanied by Zito Navaca the director of Serviço de Informações e…
Eswatini Defence Principal Secretary and Army Chief visit RDF Headquarters
Kigali, 18 August 2023
Today, the Principal Secretary of the Ministry of National Defence and Security of the Kingdom of Eswatini, His Royal Highness…
RDF and US Medical Personnel conclude medical treatment in Bugesera District
Bugesera, 11 August 2023
Yesterday, Rwanda Defence Force in collaboration with United States Africa Command (USAFRICOM) and Nebraska National Guard…
Rwandan peacekeepers under UNMISS decorated with UN medals
Today, 10 August 2023, Rwanbatt-3 and Rwanda Aviation Unit 11 peacekeepers serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were…
RDF along with US Army medical personnel conduct medical outreach in Bugesera district
Bugesera, 7 August 2023
Rwanda Defence Force in collaboration with United States Africa Command (USAFRICOM) and Nebraska National Guard have today…
Maj Gen Alex Kagame takes over the Joint Task Force Command in Mozambique
Today, 04 August 2023, the outgoing Rwanda Security Forces Joint Task Force (JTF) in Mozambique handed over to incoming Contingent after one-year tour…