UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
Rwandan Peacekeepers conduct community work in Juba City
Juba, 28 September 2019
Rwandan Peacekeepers working under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) conducted on this Saturday a joint…
Regional Conference on ‘Rwanda’s Journey towards Sustainable Peace – 25 Years’ opens
Kigali, 19 September 2019
A regional conference entitled, “Rwanda’s Journey towards Sustainable Peace – 25 Years” has started in Kigali today. The 2…
Commandants of EAC Military Academies meet to review cooperation
Bugesera, 17 September 2019
Commandants of EAC Military Academies were today joined by their national Defence Liaison Officers to start a 3 days…
Malawi and Sri Lanka military delegations visit RDF as part of their study tour
Kigali, 3 September 2019
Two military delegations; one from Malawi Defence Force Headquarters and another from Sri Lanka Defence Services Command and…
Gen Kabarebe hails RDF Reservists for their commitment to serve Rwanda
Nyabihu, 2 September 2019
General James Kabarebe has commended the readiness of members of Rwanda Defence Force Reserve Force undertaking their…
RDF PRESS RELEASE - APPOINTMENTS AND CHANGES WITHIN RDF
REF: RDF/MPR/A/07/03/19
Kigali, 02 September 2019
H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER IN CHIEF OF THE RDF HAS MADE THE FOLLOWING…
RDF Chief of Defence Staff closes Exercise Shared Accord 19
Gabiro, 28 August 2019
The Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff (CDS) Gen Patrick Nyamvumba, together with Peter Vrooman, the US Ambassador to…
RDF wins two trophies at the EAC Military Games
Nairobi, 23 August 2019
Rwanda Defence Force Football and Basketball teams have today won two trophies in the just concluded East African Community…
Over 300 patients benefit from Exercise Shared Accord 19 at Rwanda Military Hospital
Kigali, 22 August 2019
The just concluded Medical Readiness Exercise (MEDREX) of the ongoing Exercise Shared Accord 19 provided medical care to 337…
The Zimbabwe Staff College Students on study tour in Rwanda
Kigali, 19 August 2019
A delegation of 28 senior military officers from the Zimbabwe Staff College has started a one-week study tour in Rwanda, from…