UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
Rwanda Defence Force hosts EAC Armed Forces Medical Outreach
28 June 2019
Rwanda Defence Force (RDF) along with contingents from Kenya, South Sudan, Tanzania and Uganda are conducting a one-week East African…
RDF pledges medical support as EASF takes over the African Union Standby Force
Nairobi, 20 June 2019
Rwanda Defence Force (RDF) has pledged to provide medical support for the Eastern African Standby Force (EASF) as the body…
RDF Peacekeepers share lessons learned
Kigali, 20 June 2019
Rwanda Defence Force (RDF), in partnership with the United States Institute of Peace and various other partners, is conducting a…
RDF trains South Sudanese, assists in community work
Malakal & Juba
Rwandan peacekeepers of Rwanbatt-2 (RDF 71 Infantry Battalion) serving under the United Mission South Sudan (UNMISS) in Malakal (North…
Senior officers from ten countries graduate at RDF Command and Staff College
Musanze, 7 June 2019
Forty-seven (47) Senior Officers from Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police and nine other allied Armed Forces from…
Gabiro Combat Training Centre students visit Genocide memorial site
Kigali, 1 June 2019
290 company course, platoon commanders’ and platoon sergeant course students from RDF Combat Training Centre in Gabiro this…
47 Senior Officers due to graduate from RDF Command and Staff College
Musanze, 31 May 2019
ACOS, Lt Gen Mupenzi awarding student Maj YU Gabarin from Nigeria.
Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) is…
120 RDF soldiers of First Division (1Div) complete Section Commanders’ course
Kigali, 31 May 2019
A total of 120 RDF soldiers made up of Sergeants, Corporals and Privates have today completed a three-months section…
EJVM experts honour Genocide victims
Kigali, 31 May 2019
In the afternoon of Friday 31 May, 22 experts from the Expanded Joint Verification Mechanism (EJVM) visited the Kigali Genocide…
