UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
Post-Conflict Peacebuilding Course concludes at RPA
Musanze, 7 May 2021
The Senior Leadership for Post-Conflict Peacebuilding and Reconstruction Course concluded today at the Rwanda Peace Academy (RPA)…
RDF Command and Staff College to hold National Security Symposium
In collaboration with the University of Rwanda (UR), Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) will hold a three days National Security…
SOUTH SUDAN DEFENCE MINISTER MEETS RWANDAN COUNTERPART AND RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF
Kigali, 4 May 2021
The South Sudan Minister of Defence and Veterans Affairs, Hon. Angelina Jany Teny was today received at RDF Headquarters by Hon…
SOUTH SUDAN GENERALS IN RWANDA FOR A SENIOR LEADERSHIP POST-CONFLICT PEACEBUILDING AND RECONSTRUCTION COURSE
Musanze, 3 May 2021
Twenty-five senior military and police officers from South Sudan (Maj Gen – Lt Gen) are participating in the Senior Leadership…
CAR President decorates Rwandan peacekeepers
Bangui, 16 April 2021
The President of the Central African Republic H.E Prof Faustin Archange Touadera yesterday, awarded the Rwandan peace keepers…
2021 RPA Liberation War and Historical Sites Study Tour
Kigali, 14 April 2021
The Senior Command and Staff Course (SCSC) 9 will undertake a four days RPA Liberation War Study Tour and Allied Officers…
ZIGAMA CSS records 13.7 Billion net profit
Kigali, 01 April 2021
Zigama Credit and Savings Society (ZIGAMA CSS) has announced a net profit of 13.7 Billion for the year 2020. It is an increase…
Rwandan peacekeepers in CAR awarded UN medals
Bangui, 20 March 2021
Rwandan peacekeepers (Rwabatt7) serving under the United Nations Multidimensional Stabilisation Mission in the Central African…
Rwandan peacekeepers under MINUSCA get COVID-19 jabs
Bangui, 16 March 2021
Rwandan peacekeepers under United Nations Multidimensional Stabilisation Mission in the Central African Republic (MINUSCA)…