UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
Students from Kenya National Defence College visit Rwanda
Kigali, 7 December 2020
A delegation of students and faculty members from Kenya National Defence College is in Rwanda for a study tour from 4 to 11…
RDF investigates criminal allegations over Sergeant Major Kabera Robert
REF:RDF/MPR/A/07/11/20
Kigali, 23 November 2020
Rwanda Defence Force (RDF) Military Prosecution Department (MPD) has launched investigations into…
H.E. President Paul Kagame meets Officer Cadets
Gako, 29 October 2020
Today the President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force (RDF) met with over 1000…
RDF rotates Aviation Unit under the UN mission in South Sudan
Kigali, 09 October 2020
Rwanda Defence Force (RDF) has started the Relief in Place Operation for its Aviation Unit deployed under the United Nations…
Regional Verification Mechanism (EJVM) starts investigations on Burundian Combatants captured in Rwanda
Nyaruguru, 05 October 2020
he Expanded Joint Verification Mechanisms (EJVM) on 5 October 2020, conducted investigation mission in Ruheru sector,…
RDF PRESS RELEASE ON BURUNDI COMBATANTS WHO CROSSED TO RWANDA
REF:RDF/MPR/A/07/10/20
Kigali, 03 October 2020
On 29 September 2020, nineteen (19) Burundian combatants who identified themselves as members of Red…
HE The President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of RDF donates 5760 iron sheets to vulnerable families in Rusizi
Rusizi-Bweyeye, 03 September 2020
H.E the President Paul Kagame and the Commander in Chief (C-in-C) of Rwanda Defence Force (RDF) has donated 5760…
Rwanda and Burundi Heads of Military Intelligence discuss security challenges along common border
Bugesera - Nemba, 26 August 2020
The Heads of Military Intelligence from Rwanda and Burundi met today at Nemba One stop border post to discuss issues…
Rwandan peacekeepers build guest house for HAUTE KOTTO Prefecture
Bria, 22 August 2020
Rwandan peacekeepers Battle Group II (RWA BGII) deployed under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilisation…