UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF PRESS RELEASE – RETIREMENT IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/DPA/A/10/04/25
KIGALI, 29 JULY 2025
- H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS APPROVED THE RETIREMENT…
RDF Spokesperson addresses Itorero Indangamirwa on ‘Character Formation and Ethics’
Burera - Nkumba, 29 July 2025
On behalf of the Rwanda Defence Force leadership, the Defence Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga today addressed…
RDF HONOURABLY BIDS FAREWELL TO ITS SERVICE MEMBERS REACHING RETIREMENT AGE
Kigali, 28 July 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) has, for the thirteenth time, held a send-off ceremony to honor and bid farewell to its service…
AFRICAN MILITARY CHIEF INSTRUCTORS COMMIT TO HARMONISE MILITARY TRAINING AND EDUCATION SYSTEMS
Kigali, 24 July 2025
The four-day African Command and Staff Colleges Chief Instructors' Workshop was officially closed in Kigali today by the RDF…
RWANDA HOSTS 18th AFRICAN COMMAND AND STAFF COLLEGES CHIEF INSTRUCTORS’ WORKSHOP
Kigali, 21 July 2025
The Chief Instructors of African Command and Staff Colleges from 18 African nations are convening in Kigali, Rwanda, from 21-24…
DEFENCE SPOKESPERSON ADDRESSES YOUNG LEADERS FROM THE AFRICA YOUTH LEADERSHIP FORUM
Kigali, 20 July 2025
On behalf of the RDF Chief of Defence Staff, Brigadier General Ronald Rwivanga, the Defence Spokesperson today addressed more…
STUDENTS FROM TRINITY INTERNATIONAL ACADEMY VISIT RDF COMBAT TRAINING CENTER GABIRO
Gatsibo, 16 July 2025
Students of Trinity International Academy school, Nyarutarama, Kigali, today visited the RDF Combat Training Centre Gabiro, in…
RDF CHIEF OF CIVIL MILITARY COOPERATION ADDRESSES STUDENTS OF RWANDA INSTITUTE FOR CONSERVATION AGRICULTURE IN BUGESERA
Bugesera, 11 July 2025
The Chief of Civil-Military Cooperation in the Rwanda Defence Force (RDF), Colonel Désiré Migambi Mungamba, today addressed…
Rwandans in South Sudan celebrate the 31st Anniversary of Rwanda’s Liberation Day
Juba, 4 July 2025
The Rwandan Community in South Sudan, alongside UN peacekeepers, representatives from UNMISS HQs, local officials, and friends of…
FOUNDERS OF APR FC PLAY WITH GICUMBI FC TO MARK THE 32ND ANNIVERSARY OF ITS FOUNDATION
Gicumbi, 4 July 2025
A special football match took place today between APR FC Founders and Gicumbi FC at Mulindi, the birthplace of APR FC. The…