Ubuhuza – Imwe mu nzira zitanga ubutabera bwunga
Ubuhuza ni uburyo bwo gukemura impaka bushingiye ku biganiro hagati y’impande zifitanye amakimbirane, kugira ngo zumvikane ubwazo zibifashijwemo n’umuhuza.
Mbere y’ubukoloni mu Rwanda, ubuhuza bwari ishingiro ry’ubutabera bwifashishwaga mu gukemura amakimbirane mu buryo bworoshye kandi bwihuse.
Guhera mu mwaka wa 2018, itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza riteganya ubuhuza mu cyiciro icyo ari cyo cyose urubanza rwaba rugezemo; ni ukuvuga igihe cyose urubanza rutarasomwa.
Ubuhuza bufasha mu gutanga ubutabera bwihuse kandi abafitanye amakimbirane babigizemo uruhare, bityo umubano mwiza hagati yabo no gufashanya mu bibateza imbere akaba ari byo bimakaza aho guhora mu manza.
Benshi bakunze kwibaza bati ni nde ukwiriye kuba umuhuza? Umuhuza ashobora kuba umukozi w’Urukiko nk’Umwanditsi w’urukiko wakiriye abafitanye urubanza mu nama ntegurarubanza cyangwa umucamanza wagenwe na Perezida w’Urukiko.
Ashobora kandi no kuba umuhuza wigenga. Uyu ni umuntu utari umukozi w’urukiko kandi uri ku rutonde rw’abahuza rwemejwe rukanatangazwa ku rubuga rw’Urwego rw’Ubucamanza. Ashobora kandi kuba ari umunyamategeko cyangwa undi muntu ufite ubundi bumenyi nk’umwubatsi, umucungamutungo, umuganga, umunyamakuru, umwarimu n’abandi.
Abahuza bakemura ibibazo mbonezamubano, iby’ubucuruzi, iby’umurimo n’iby’ubutegetsi kuva ku Rukiko rw’Ibanze kugera ku Rukiko rw’Ikirenga.
Ubuhuza busabwa nande?
Umuburanyi uwo ari we wese ashobora gusaba ubuhuza, akabigaragaza mu mwanzuro utanga ikirego cyangwa uwo kwiregura. Icyo gihe, umwanditsi abimenyesha undi muburanyi akamushishikariza ubuhuza n’impamvu ari bwiza, babyemeranywaho bakihitiramo umuhuza.
Ikindi ni uko umwanditsi w’urukiko n’umucamanza wese, bafite inshingano yo gushishikariza ababuranyi ubuhuza iyo babona ko ari yo nzira nziza.
Uruhare rw’ababuranyi mu buhuza
Mu buhuza, impande zifitanye amakimbirane zigira uruhare mu gufatanya n’umuhuza nta buriganya kugira ngo igikorwa cy’ubuhuza kihute mu buryo bushoboka.
Kwitegura neza no kwitabira ibiganiro byose bo ubwabo cyangwa ababahagarariye bahaye ububasha bwo kumvikana, kugira uruhare mu gushakisha ibisubizo byumvikanyweho, kurebera hamwe inzitizi zose zatuma umwanzuro udashobora gushyirwa mu bikorwa, kwandika umwanzuro wumvikanyweho kuri buri kintu cyose cyumvikanyweho no kwemeranya ku ngingo ziwugize; ndetse no gushyira umukono ku mwanzuro impande zombi zemeranyijwe.
Iyo ababuranyi bumvikanye babifashijwemo n’umwanditsi, umwanditsi ategura icyemezo cy’urukiko gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane kigashyikirizwa Perezida w’Urukiko.
Perezida w’Urukiko n’umwanditsi bashyira umukono ku cyemezo cyarwo, kigashyirwaho kashe mpuruza hamwe n’umwanzuro w’ubwumvikane washyizweho umukono n’impande zombi.
Iyo ababuranyi bumvikanishijwe n’umucamanza ni na we uhita afata icyo cyemezo. Iyo babifashishwemo n’umuhuza wigenga, umwanzuro w’ubwumvikane ushyikirizwa umwanditsi w’urukiko agategura icyemezo cy’ubwumvikane gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane.
Iyo ababuranyi bahisemo umuhuza wigenga, umwanditsi w’urukiko cyangwa umucamanza, yumvikana na bo igihe igikorwa cy’ubuhuza kizamara. Uko byagenda kose icyo gihe ntigishobora kurenza ukwezi, kandi hagatangwa raporo y’ibyakozwe keretse iyo ababuranyi basabye ko cyongerwa.
Iyo batabisabye kandi ntibatange raporo, ntihagire n’uza gusaba ko iburanisha risubukurwa mu gihe cy’iminsi cumi n’itanu (15) kuva igihe bahawe kirangiye, urubanza rwabo rurasibwa.
Iyo abasabye ubuhuza batumvikanye cyangwa bumvikanye kuri bimwe, uwareze ni we ufite inshingano yo kumenyesha urukiko ko ubwumvikane bwananiranye, kugira ngo ahabwe itariki iburanisha rizasubukurirwaho.
Ibyemeranyijweho mu buhuza ntibishobora kugarukwaho mu iburanisha. Umucamanza wagerageje kunga ababuranyi bikananirana ntaba akibaburanishije mu mizi.
Ubuhuza bukozwe n’abakozi b’urukiko bukorerwa Ubuntu, ariko iyo bukozwe n’umuhuza wigenga burishyura.
More News
EAC ARMED FORCES HAND OVER REHABILITATED BOREHOLES TO BUGESERA RESIDENTS
Bugesera, 20 June 2024
The East Africa Community partner states currently conducting the 13th EAC Armed Forces Field Training Exercise, 'Ushirikiano…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UNITED NATIONS MEDALS
Bossembele, 20 June 2024
Today, Rwandan peacekeepers (Rwabat-2) serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in…
DEFENCE AND SECURITY CITIZEN OUTREACH PROGRAMME 2024 CONCLUDES ACROSS THE COUNTRY
Kigali, 19 June 2024
Today, the three-month Defence and Security Citizen Outreach Programme 2024 which was launched on 1 March 2024, in…
THE RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT 2024 ENDED WITH THE PRESENTATION OF SEVERAL TROPHIES
Kigali, 16 June 2024
Today at Kigali Pele Stadium, the RDF Liberation Cup tournament 2024 concluded with the final football match between the…
APR FC AND RAYON SPORT DRAW 0-0 IN A FRIENDLY FOOTBALL MATCH HELD AT AMAHORO STADIUM
On the 15th, APR FC, a Rwanda Defense Force football team, played a friendly football match against Rayon Sport at the Newly constructed Amahoro…
EAC ARMED FORCES FIELD TRAINING EXERCISE “USHIRIKIANO IMARA” OPENS IN RWANDA
Bugesera, 13 June 2024
Today, the 13th EAC Armed Forces Field Training Exercise (FTX) dubbed 'USHIRIKIANO IMARA2024' kicked off at Gako, Bugesera…
RWANDA SECURITY FORCE (RSF) REHABILITATES AND HANDS OVER PRIMARY SCHOOL TO THE RESIDENTS OF MOCIMBOA DA PRAIA DISTRICT
Cabo Delgado, 11 June 2024
Today, At Escola Primaria de Ntotwe, 25Kms from MdP District, RSF Joint Task Force Comd in Mozambique, Maj Gen Alex…
CENTRAL AFRICAN REPUBLIC ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 10 June 2024
Today, the Chief of General Staff (CGS) of the Central African Republic Armed Forces, Maj Gen Zépherin MAMADOU visited the…
FORTY-NINE SENIOR OFFICERS GRADUATE FROM RWANDA DEFENCE FORCE COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 7 June 2024
Forty-nine Senior Officers from Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police and Allied Armed Forces from 10 African…
RWANDA SECURITY FORCE (RSF) REHABILITATES A ROAD IN ANCUABE DISTRICT, CABO DELGADO
On Friday 31 May 2024, Rwandan security force (RSF) deployed in Ancuabe district, Cabo Delgado province, Mozambique participated in community work…