Ubuhuza – Imwe mu nzira zitanga ubutabera bwunga
Ubuhuza ni uburyo bwo gukemura impaka bushingiye ku biganiro hagati y’impande zifitanye amakimbirane, kugira ngo zumvikane ubwazo zibifashijwemo n’umuhuza.
Mbere y’ubukoloni mu Rwanda, ubuhuza bwari ishingiro ry’ubutabera bwifashishwaga mu gukemura amakimbirane mu buryo bworoshye kandi bwihuse.
Guhera mu mwaka wa 2018, itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza riteganya ubuhuza mu cyiciro icyo ari cyo cyose urubanza rwaba rugezemo; ni ukuvuga igihe cyose urubanza rutarasomwa.
Ubuhuza bufasha mu gutanga ubutabera bwihuse kandi abafitanye amakimbirane babigizemo uruhare, bityo umubano mwiza hagati yabo no gufashanya mu bibateza imbere akaba ari byo bimakaza aho guhora mu manza.
Benshi bakunze kwibaza bati ni nde ukwiriye kuba umuhuza? Umuhuza ashobora kuba umukozi w’Urukiko nk’Umwanditsi w’urukiko wakiriye abafitanye urubanza mu nama ntegurarubanza cyangwa umucamanza wagenwe na Perezida w’Urukiko.
Ashobora kandi no kuba umuhuza wigenga. Uyu ni umuntu utari umukozi w’urukiko kandi uri ku rutonde rw’abahuza rwemejwe rukanatangazwa ku rubuga rw’Urwego rw’Ubucamanza. Ashobora kandi kuba ari umunyamategeko cyangwa undi muntu ufite ubundi bumenyi nk’umwubatsi, umucungamutungo, umuganga, umunyamakuru, umwarimu n’abandi.
Abahuza bakemura ibibazo mbonezamubano, iby’ubucuruzi, iby’umurimo n’iby’ubutegetsi kuva ku Rukiko rw’Ibanze kugera ku Rukiko rw’Ikirenga.
Ubuhuza busabwa nande?
Umuburanyi uwo ari we wese ashobora gusaba ubuhuza, akabigaragaza mu mwanzuro utanga ikirego cyangwa uwo kwiregura. Icyo gihe, umwanditsi abimenyesha undi muburanyi akamushishikariza ubuhuza n’impamvu ari bwiza, babyemeranywaho bakihitiramo umuhuza.
Ikindi ni uko umwanditsi w’urukiko n’umucamanza wese, bafite inshingano yo gushishikariza ababuranyi ubuhuza iyo babona ko ari yo nzira nziza.
Uruhare rw’ababuranyi mu buhuza
Mu buhuza, impande zifitanye amakimbirane zigira uruhare mu gufatanya n’umuhuza nta buriganya kugira ngo igikorwa cy’ubuhuza kihute mu buryo bushoboka.
Kwitegura neza no kwitabira ibiganiro byose bo ubwabo cyangwa ababahagarariye bahaye ububasha bwo kumvikana, kugira uruhare mu gushakisha ibisubizo byumvikanyweho, kurebera hamwe inzitizi zose zatuma umwanzuro udashobora gushyirwa mu bikorwa, kwandika umwanzuro wumvikanyweho kuri buri kintu cyose cyumvikanyweho no kwemeranya ku ngingo ziwugize; ndetse no gushyira umukono ku mwanzuro impande zombi zemeranyijwe.
Iyo ababuranyi bumvikanye babifashijwemo n’umwanditsi, umwanditsi ategura icyemezo cy’urukiko gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane kigashyikirizwa Perezida w’Urukiko.
Perezida w’Urukiko n’umwanditsi bashyira umukono ku cyemezo cyarwo, kigashyirwaho kashe mpuruza hamwe n’umwanzuro w’ubwumvikane washyizweho umukono n’impande zombi.
Iyo ababuranyi bumvikanishijwe n’umucamanza ni na we uhita afata icyo cyemezo. Iyo babifashishwemo n’umuhuza wigenga, umwanzuro w’ubwumvikane ushyikirizwa umwanditsi w’urukiko agategura icyemezo cy’ubwumvikane gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane.
Iyo ababuranyi bahisemo umuhuza wigenga, umwanditsi w’urukiko cyangwa umucamanza, yumvikana na bo igihe igikorwa cy’ubuhuza kizamara. Uko byagenda kose icyo gihe ntigishobora kurenza ukwezi, kandi hagatangwa raporo y’ibyakozwe keretse iyo ababuranyi basabye ko cyongerwa.
Iyo batabisabye kandi ntibatange raporo, ntihagire n’uza gusaba ko iburanisha risubukurwa mu gihe cy’iminsi cumi n’itanu (15) kuva igihe bahawe kirangiye, urubanza rwabo rurasibwa.
Iyo abasabye ubuhuza batumvikanye cyangwa bumvikanye kuri bimwe, uwareze ni we ufite inshingano yo kumenyesha urukiko ko ubwumvikane bwananiranye, kugira ngo ahabwe itariki iburanisha rizasubukurirwaho.
Ibyemeranyijweho mu buhuza ntibishobora kugarukwaho mu iburanisha. Umucamanza wagerageje kunga ababuranyi bikananirana ntaba akibaburanishije mu mizi.
Ubuhuza bukozwe n’abakozi b’urukiko bukorerwa Ubuntu, ariko iyo bukozwe n’umuhuza wigenga burishyura.
More News
INAMA YA GATANDATU Y’ABAYOBOZI B’INGABO ZA RDF NA UPDF BAKORERA HAFI Y’UMUPAKA UHUZA U RWANDA NA UGANDA YASOJE
Mbarara, 2 Ukwakira 2025
Inama y’iminsi itatu y’abayobozi b’ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe n’iza Uganda (UPDF) bakorera hafi y’umupaka uhuza…
RDF AND UPDF CONCLUDE SIXTH PROXIMITY COMMANDERS’ MEETING
Mbarara, 2 October 2025
The Sixth Proximity Commanders’ Meeting between the Rwanda Defence Force (RDF) 5 Division and the Uganda People’s Defence…
PROXIMITY COMMANDERS’ MEETING BETWEEN RDF AND UPDF CONVENES IN UGANDA
Kabale, 30 September 2025
The sixth Proximity Commanders’ meeting between the Rwanda Defence Force (RDF) and the Uganda Peoples’ Defence Forces…
RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF HOSTS STUDENTS FROM ZAMBIA DEFENCE SERVICES COMMAND AND STAFF COLLEGE
Kigali, 30 September 2025
The Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force (RDF), Gen MK Mubarakh, today hosted a delegation of 27 faculty and…
RWANDAN COMMUNITY REPAIRS KAPURI BASIC SCHOOL IN JUBA, SOUTH SUDAN
Juba, 27 September 2025
Rwandan peacekeepers serving under UNMISS; both Army and Police; together with members of the Rwandan community (Diaspora) in…
PRESS RELEASE: RDF SOLDIER INADVERTENTLY STRAYS ACROSS RWANDA BORDER WITH BURUNDI
REF: RDF/DPA/A/10/08/25
Kigali, 24 September 2025
Today, 24 September 2025, Sgt SADIKI Emmanuel, a driver with the RDF, inadvertently strayed…
UNMISS FORCE COMMANDER MEETS FEMALE ENGAGEMENT PEACEKEEPERS IN TORIT, SOUTH SUDAN
Torit, 19 September 2025
The Force Commander of the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), Lieutenant General Mohan Subramanian, today met…
REGIONAL MILITARY PERSONNEL COMPLETES BATTLE GROUP COMMANDERS TRAINING OF TRAINERS COURSE
Musanze, 19 September 2025
Today, senior military officers from Burundi, Djibouti, Ethiopia, Kenya, Rwanda, Uganda, and Comoros, along with…
RWANDA’S DEFENCE MINISTER EMPHASISES THE NECESSITY OF DIALOGUE AT BEIJING XIANGSHAN FORUM
Beijing, China 19 September 2025
At the 12th Beijing Xiangshan Forum today, Rwanda’s Minister of Defence, Hon. Juvenal Marizamunda, participated in a…
RDF AND TPDF PROXIMITY COMMANDERS CONCLUDE SECURITY MEETING IN NGARA DISTRICT
Ngara, 18 September 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) 5th Infantry Division and the Tanzania People’s Defence Force (TPDF) 202 Infantry Brigade…