Ubuhuza – Imwe mu nzira zitanga ubutabera bwunga
Ubuhuza ni uburyo bwo gukemura impaka bushingiye ku biganiro hagati y’impande zifitanye amakimbirane, kugira ngo zumvikane ubwazo zibifashijwemo n’umuhuza.
Mbere y’ubukoloni mu Rwanda, ubuhuza bwari ishingiro ry’ubutabera bwifashishwaga mu gukemura amakimbirane mu buryo bworoshye kandi bwihuse.
Guhera mu mwaka wa 2018, itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza riteganya ubuhuza mu cyiciro icyo ari cyo cyose urubanza rwaba rugezemo; ni ukuvuga igihe cyose urubanza rutarasomwa.
Ubuhuza bufasha mu gutanga ubutabera bwihuse kandi abafitanye amakimbirane babigizemo uruhare, bityo umubano mwiza hagati yabo no gufashanya mu bibateza imbere akaba ari byo bimakaza aho guhora mu manza.
Benshi bakunze kwibaza bati ni nde ukwiriye kuba umuhuza? Umuhuza ashobora kuba umukozi w’Urukiko nk’Umwanditsi w’urukiko wakiriye abafitanye urubanza mu nama ntegurarubanza cyangwa umucamanza wagenwe na Perezida w’Urukiko.
Ashobora kandi no kuba umuhuza wigenga. Uyu ni umuntu utari umukozi w’urukiko kandi uri ku rutonde rw’abahuza rwemejwe rukanatangazwa ku rubuga rw’Urwego rw’Ubucamanza. Ashobora kandi kuba ari umunyamategeko cyangwa undi muntu ufite ubundi bumenyi nk’umwubatsi, umucungamutungo, umuganga, umunyamakuru, umwarimu n’abandi.
Abahuza bakemura ibibazo mbonezamubano, iby’ubucuruzi, iby’umurimo n’iby’ubutegetsi kuva ku Rukiko rw’Ibanze kugera ku Rukiko rw’Ikirenga.
Ubuhuza busabwa nande?
Umuburanyi uwo ari we wese ashobora gusaba ubuhuza, akabigaragaza mu mwanzuro utanga ikirego cyangwa uwo kwiregura. Icyo gihe, umwanditsi abimenyesha undi muburanyi akamushishikariza ubuhuza n’impamvu ari bwiza, babyemeranywaho bakihitiramo umuhuza.
Ikindi ni uko umwanditsi w’urukiko n’umucamanza wese, bafite inshingano yo gushishikariza ababuranyi ubuhuza iyo babona ko ari yo nzira nziza.
Uruhare rw’ababuranyi mu buhuza
Mu buhuza, impande zifitanye amakimbirane zigira uruhare mu gufatanya n’umuhuza nta buriganya kugira ngo igikorwa cy’ubuhuza kihute mu buryo bushoboka.
Kwitegura neza no kwitabira ibiganiro byose bo ubwabo cyangwa ababahagarariye bahaye ububasha bwo kumvikana, kugira uruhare mu gushakisha ibisubizo byumvikanyweho, kurebera hamwe inzitizi zose zatuma umwanzuro udashobora gushyirwa mu bikorwa, kwandika umwanzuro wumvikanyweho kuri buri kintu cyose cyumvikanyweho no kwemeranya ku ngingo ziwugize; ndetse no gushyira umukono ku mwanzuro impande zombi zemeranyijwe.
Iyo ababuranyi bumvikanye babifashijwemo n’umwanditsi, umwanditsi ategura icyemezo cy’urukiko gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane kigashyikirizwa Perezida w’Urukiko.
Perezida w’Urukiko n’umwanditsi bashyira umukono ku cyemezo cyarwo, kigashyirwaho kashe mpuruza hamwe n’umwanzuro w’ubwumvikane washyizweho umukono n’impande zombi.
Iyo ababuranyi bumvikanishijwe n’umucamanza ni na we uhita afata icyo cyemezo. Iyo babifashishwemo n’umuhuza wigenga, umwanzuro w’ubwumvikane ushyikirizwa umwanditsi w’urukiko agategura icyemezo cy’ubwumvikane gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane.
Iyo ababuranyi bahisemo umuhuza wigenga, umwanditsi w’urukiko cyangwa umucamanza, yumvikana na bo igihe igikorwa cy’ubuhuza kizamara. Uko byagenda kose icyo gihe ntigishobora kurenza ukwezi, kandi hagatangwa raporo y’ibyakozwe keretse iyo ababuranyi basabye ko cyongerwa.
Iyo batabisabye kandi ntibatange raporo, ntihagire n’uza gusaba ko iburanisha risubukurwa mu gihe cy’iminsi cumi n’itanu (15) kuva igihe bahawe kirangiye, urubanza rwabo rurasibwa.
Iyo abasabye ubuhuza batumvikanye cyangwa bumvikanye kuri bimwe, uwareze ni we ufite inshingano yo kumenyesha urukiko ko ubwumvikane bwananiranye, kugira ngo ahabwe itariki iburanisha rizasubukurirwaho.
Ibyemeranyijweho mu buhuza ntibishobora kugarukwaho mu iburanisha. Umucamanza wagerageje kunga ababuranyi bikananirana ntaba akibaburanishije mu mizi.
Ubuhuza bukozwe n’abakozi b’urukiko bukorerwa Ubuntu, ariko iyo bukozwe n’umuhuza wigenga burishyura.
More News
RDF PRESS RELEASE – SHOOTING INCIDENT IN NYAMASHEKE DISTRICT
REF:RDF/DPA/A/10/08/24
Kigali, 13 November 2024
Rwanda Defence Force deeply regrets the tragic incident that occurred in a bar in Rusharara Cell,…
RWANDAN PEACEKEEPERS LEAD JOINT COMMUNITY CLEAN-UP IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Bria, 9 November 2024
Rwanda Battle Group VI, operating under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central…
RDF participates in a blood donation campaign organised by Rwanda Biomedical Centre
Kigali, 8 November 2024
Rwanda Biomedical Centre organised an annual blood donation campaign focused on RDF personnel from RDF HQs and selected…
Rwandan Peacekeepers conduct Community Outreach in Bria, Central African Republic
Bria, 08 November 2024
Rwandan peacekeepers from the Rwanda Medical IX Level 2+ Hospital, operating under the United Nations Multidimensional…
MAJ GEN (RTD) AMB. FRANK MUGAMBAGE HANDS OVER COMMAND TO MAJ GEN ALEX KAGAME, THE NEW RESERVE FORCE CHIEF OF STAFF
Kigali, 21 October 2024
Today, the outgoing Reserve Force Chief of Staff (RFCOS) Maj Gen (Rtd) Amb. Frank Mugambage handed over Command…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE MEDICAL AND OTHER SERVICES TO LOCAL COMMUNITY IN SOUTH SUDAN
Durupi, 18 October 2024
The Rwandan Battalion (Rwanbat-3) peacekeepers of the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) conducted a series of…
UNMISS FORCE COMMANDER HAILS RWANDAN PEACEKEEPERS FOR THEIR EFFICIENCY AND PROFESSIONALISM
Juba, 17 October 2024
Lt Gen Mohan Subramanian, the Force Commander of the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), has expressed his deep…
UNMISS DEPUTY SECTOR COMMANDER IN UPPER NILE STATE COMMENDS RWANDAN PEACEKEEPERS FOR THEIR ROLE IN IMPROVING SECURITY IN SECTOR NORTH
Malakal, 17 October 2024
Rwandan peacekeepers under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), specifically Rwanbatt2, plays a vital role in…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN MALAKAL CONDUCT MEDICAL OUTREACH FOR DISPLACED PEOPLE
Malakal, 17 October 2024
Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-2) serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), yesterday conducted a…
IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro…