Ubuhuza – Imwe mu nzira zitanga ubutabera bwunga
Ubuhuza ni uburyo bwo gukemura impaka bushingiye ku biganiro hagati y’impande zifitanye amakimbirane, kugira ngo zumvikane ubwazo zibifashijwemo n’umuhuza.
Mbere y’ubukoloni mu Rwanda, ubuhuza bwari ishingiro ry’ubutabera bwifashishwaga mu gukemura amakimbirane mu buryo bworoshye kandi bwihuse.
Guhera mu mwaka wa 2018, itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza riteganya ubuhuza mu cyiciro icyo ari cyo cyose urubanza rwaba rugezemo; ni ukuvuga igihe cyose urubanza rutarasomwa.
Ubuhuza bufasha mu gutanga ubutabera bwihuse kandi abafitanye amakimbirane babigizemo uruhare, bityo umubano mwiza hagati yabo no gufashanya mu bibateza imbere akaba ari byo bimakaza aho guhora mu manza.
Benshi bakunze kwibaza bati ni nde ukwiriye kuba umuhuza? Umuhuza ashobora kuba umukozi w’Urukiko nk’Umwanditsi w’urukiko wakiriye abafitanye urubanza mu nama ntegurarubanza cyangwa umucamanza wagenwe na Perezida w’Urukiko.
Ashobora kandi no kuba umuhuza wigenga. Uyu ni umuntu utari umukozi w’urukiko kandi uri ku rutonde rw’abahuza rwemejwe rukanatangazwa ku rubuga rw’Urwego rw’Ubucamanza. Ashobora kandi kuba ari umunyamategeko cyangwa undi muntu ufite ubundi bumenyi nk’umwubatsi, umucungamutungo, umuganga, umunyamakuru, umwarimu n’abandi.
Abahuza bakemura ibibazo mbonezamubano, iby’ubucuruzi, iby’umurimo n’iby’ubutegetsi kuva ku Rukiko rw’Ibanze kugera ku Rukiko rw’Ikirenga.
Ubuhuza busabwa nande?
Umuburanyi uwo ari we wese ashobora gusaba ubuhuza, akabigaragaza mu mwanzuro utanga ikirego cyangwa uwo kwiregura. Icyo gihe, umwanditsi abimenyesha undi muburanyi akamushishikariza ubuhuza n’impamvu ari bwiza, babyemeranywaho bakihitiramo umuhuza.
Ikindi ni uko umwanditsi w’urukiko n’umucamanza wese, bafite inshingano yo gushishikariza ababuranyi ubuhuza iyo babona ko ari yo nzira nziza.
Uruhare rw’ababuranyi mu buhuza
Mu buhuza, impande zifitanye amakimbirane zigira uruhare mu gufatanya n’umuhuza nta buriganya kugira ngo igikorwa cy’ubuhuza kihute mu buryo bushoboka.
Kwitegura neza no kwitabira ibiganiro byose bo ubwabo cyangwa ababahagarariye bahaye ububasha bwo kumvikana, kugira uruhare mu gushakisha ibisubizo byumvikanyweho, kurebera hamwe inzitizi zose zatuma umwanzuro udashobora gushyirwa mu bikorwa, kwandika umwanzuro wumvikanyweho kuri buri kintu cyose cyumvikanyweho no kwemeranya ku ngingo ziwugize; ndetse no gushyira umukono ku mwanzuro impande zombi zemeranyijwe.
Iyo ababuranyi bumvikanye babifashijwemo n’umwanditsi, umwanditsi ategura icyemezo cy’urukiko gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane kigashyikirizwa Perezida w’Urukiko.
Perezida w’Urukiko n’umwanditsi bashyira umukono ku cyemezo cyarwo, kigashyirwaho kashe mpuruza hamwe n’umwanzuro w’ubwumvikane washyizweho umukono n’impande zombi.
Iyo ababuranyi bumvikanishijwe n’umucamanza ni na we uhita afata icyo cyemezo. Iyo babifashishwemo n’umuhuza wigenga, umwanzuro w’ubwumvikane ushyikirizwa umwanditsi w’urukiko agategura icyemezo cy’ubwumvikane gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane.
Iyo ababuranyi bahisemo umuhuza wigenga, umwanditsi w’urukiko cyangwa umucamanza, yumvikana na bo igihe igikorwa cy’ubuhuza kizamara. Uko byagenda kose icyo gihe ntigishobora kurenza ukwezi, kandi hagatangwa raporo y’ibyakozwe keretse iyo ababuranyi basabye ko cyongerwa.
Iyo batabisabye kandi ntibatange raporo, ntihagire n’uza gusaba ko iburanisha risubukurwa mu gihe cy’iminsi cumi n’itanu (15) kuva igihe bahawe kirangiye, urubanza rwabo rurasibwa.
Iyo abasabye ubuhuza batumvikanye cyangwa bumvikanye kuri bimwe, uwareze ni we ufite inshingano yo kumenyesha urukiko ko ubwumvikane bwananiranye, kugira ngo ahabwe itariki iburanisha rizasubukurirwaho.
Ibyemeranyijweho mu buhuza ntibishobora kugarukwaho mu iburanisha. Umucamanza wagerageje kunga ababuranyi bikananirana ntaba akibaburanishije mu mizi.
Ubuhuza bukozwe n’abakozi b’urukiko bukorerwa Ubuntu, ariko iyo bukozwe n’umuhuza wigenga burishyura.
More News
Rwandan Female Peace keepers in South Sudan train locals in fighting Malaria
Juba, 26 August 2022
Yesterday, Rwandan Peacekeepers (Rwanbtt-1) Female Engagement Team under UNMISS conducted a training on the fight against…
MOZAMBIQUE DEFENCE MINISTER RECEIVES THE INCOMING RWANDA SECURITY FORCES JOINT TASK FORCE COMMANDER
Maputo, 23 August 2022
The incoming Rwandan Security Forces Joint Task Force Commander in Mozambique Maj Gen Eugene Nkubito along with the outgoing…
Rwandan Peacekeepers in South Sudan offer medical services to residents in Juba
Juba, 20 August 2022
Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-1) under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) today conducted a medical outreach…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/10/22
Kigali, 19 August 2022
1. HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/09/22
Kigali, 16 August 2022
1. H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA DEFENCE FORCE…
Mozambican Civil Administration in Mocimboa da Praia-Cabo Delgado Province and Rwanda Security Forces help Internally Displaced Persons returning to their homes
Yesterday, on 13th August 2022, the Mozambican Civil Administration in Mocimboa da Praia and Rwanda Security Forces received another batch of 437…
Ian Kagame, Park Udahemuka and David Nsengiyumva graduate at the Royal Military Academy, Sandhurst UK
Today, Friday 12 Aug 22, Ian Kagame, Park Udahemuka and David Nsengiyumva graduated and were commissioned to the rank of 2nd Lieutnant at a ceremony…
Rwandan Security Forces together with SADC forces rescue terrorist hostages
Cabo Delgado, 2 August 2022
Since April this year, Rwandan Security Forces together with the Mozambican Army and Southern African Development…
Benin Armed Forces Chief of Army Staff visits RDF Headquarters
Kigali, 23 July 2022
Today, Benin Armed Forces Chief of Army Staff, Brigadier General Fructueux Candide Ahodegnon GBAGUIDI visited the Rwanda Defence…
RDF HONOURS RETIRING MILITARY OFFICERS
Kigali, 15 July 2022
Rwanda Defence Force (RDF) has for the tenth time held a send-off ceremony to honour the service of Military personnel who…