Ubuhuza – Imwe mu nzira zitanga ubutabera bwunga
Ubuhuza ni uburyo bwo gukemura impaka bushingiye ku biganiro hagati y’impande zifitanye amakimbirane, kugira ngo zumvikane ubwazo zibifashijwemo n’umuhuza.
Mbere y’ubukoloni mu Rwanda, ubuhuza bwari ishingiro ry’ubutabera bwifashishwaga mu gukemura amakimbirane mu buryo bworoshye kandi bwihuse.
Guhera mu mwaka wa 2018, itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza riteganya ubuhuza mu cyiciro icyo ari cyo cyose urubanza rwaba rugezemo; ni ukuvuga igihe cyose urubanza rutarasomwa.
Ubuhuza bufasha mu gutanga ubutabera bwihuse kandi abafitanye amakimbirane babigizemo uruhare, bityo umubano mwiza hagati yabo no gufashanya mu bibateza imbere akaba ari byo bimakaza aho guhora mu manza.
Benshi bakunze kwibaza bati ni nde ukwiriye kuba umuhuza? Umuhuza ashobora kuba umukozi w’Urukiko nk’Umwanditsi w’urukiko wakiriye abafitanye urubanza mu nama ntegurarubanza cyangwa umucamanza wagenwe na Perezida w’Urukiko.
Ashobora kandi no kuba umuhuza wigenga. Uyu ni umuntu utari umukozi w’urukiko kandi uri ku rutonde rw’abahuza rwemejwe rukanatangazwa ku rubuga rw’Urwego rw’Ubucamanza. Ashobora kandi kuba ari umunyamategeko cyangwa undi muntu ufite ubundi bumenyi nk’umwubatsi, umucungamutungo, umuganga, umunyamakuru, umwarimu n’abandi.
Abahuza bakemura ibibazo mbonezamubano, iby’ubucuruzi, iby’umurimo n’iby’ubutegetsi kuva ku Rukiko rw’Ibanze kugera ku Rukiko rw’Ikirenga.
Ubuhuza busabwa nande?
Umuburanyi uwo ari we wese ashobora gusaba ubuhuza, akabigaragaza mu mwanzuro utanga ikirego cyangwa uwo kwiregura. Icyo gihe, umwanditsi abimenyesha undi muburanyi akamushishikariza ubuhuza n’impamvu ari bwiza, babyemeranywaho bakihitiramo umuhuza.
Ikindi ni uko umwanditsi w’urukiko n’umucamanza wese, bafite inshingano yo gushishikariza ababuranyi ubuhuza iyo babona ko ari yo nzira nziza.
Uruhare rw’ababuranyi mu buhuza
Mu buhuza, impande zifitanye amakimbirane zigira uruhare mu gufatanya n’umuhuza nta buriganya kugira ngo igikorwa cy’ubuhuza kihute mu buryo bushoboka.
Kwitegura neza no kwitabira ibiganiro byose bo ubwabo cyangwa ababahagarariye bahaye ububasha bwo kumvikana, kugira uruhare mu gushakisha ibisubizo byumvikanyweho, kurebera hamwe inzitizi zose zatuma umwanzuro udashobora gushyirwa mu bikorwa, kwandika umwanzuro wumvikanyweho kuri buri kintu cyose cyumvikanyweho no kwemeranya ku ngingo ziwugize; ndetse no gushyira umukono ku mwanzuro impande zombi zemeranyijwe.
Iyo ababuranyi bumvikanye babifashijwemo n’umwanditsi, umwanditsi ategura icyemezo cy’urukiko gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane kigashyikirizwa Perezida w’Urukiko.
Perezida w’Urukiko n’umwanditsi bashyira umukono ku cyemezo cyarwo, kigashyirwaho kashe mpuruza hamwe n’umwanzuro w’ubwumvikane washyizweho umukono n’impande zombi.
Iyo ababuranyi bumvikanishijwe n’umucamanza ni na we uhita afata icyo cyemezo. Iyo babifashishwemo n’umuhuza wigenga, umwanzuro w’ubwumvikane ushyikirizwa umwanditsi w’urukiko agategura icyemezo cy’ubwumvikane gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane.
Iyo ababuranyi bahisemo umuhuza wigenga, umwanditsi w’urukiko cyangwa umucamanza, yumvikana na bo igihe igikorwa cy’ubuhuza kizamara. Uko byagenda kose icyo gihe ntigishobora kurenza ukwezi, kandi hagatangwa raporo y’ibyakozwe keretse iyo ababuranyi basabye ko cyongerwa.
Iyo batabisabye kandi ntibatange raporo, ntihagire n’uza gusaba ko iburanisha risubukurwa mu gihe cy’iminsi cumi n’itanu (15) kuva igihe bahawe kirangiye, urubanza rwabo rurasibwa.
Iyo abasabye ubuhuza batumvikanye cyangwa bumvikanye kuri bimwe, uwareze ni we ufite inshingano yo kumenyesha urukiko ko ubwumvikane bwananiranye, kugira ngo ahabwe itariki iburanisha rizasubukurirwaho.
Ibyemeranyijweho mu buhuza ntibishobora kugarukwaho mu iburanisha. Umucamanza wagerageje kunga ababuranyi bikananirana ntaba akibaburanishije mu mizi.
Ubuhuza bukozwe n’abakozi b’urukiko bukorerwa Ubuntu, ariko iyo bukozwe n’umuhuza wigenga burishyura.
More News
FAUSSES ACCUSATIONS À L'ENCONTRE DES TROUPES RWANDAISES SERVANT EN RÉPUBLIQUE CENTRAFRICAINE
Les articles publiés aujourd'hui par Barbara Debout dans The New Humanitarian et Le Monde accusent à tort les casques bleus rwandais de viols et de…
FALSE ACCUSATIONS AGAINST RWANDAN TROOPS SERVING IN THE CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Today’s articles in The New Humanitarian and Le Monde by Barbara Debout make demonstrably false allegations of rape and sexual violence by Rwandan…
RWANDAN PEACEKEEPERS TEACH YOUNG GIRLS PHYSICAL PROTECTION SKILLS
Malakal, 16 October 2024
Rwandan peacekeepers under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) recently conducted a physical protection…
RDF PRESS RELEASE – APPOINTMENTS IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/07/24
KIGALI, 15 OCTOBER 2024
1. HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RWANDA DEFENCE…
Rwandan Peacekeepers renovate Kapuri Primary School and donate scholastic materials to pupils
Juba, 14 October 2024
Today, Rwanda Defence Force peacekeepers participated in renovating and painting classrooms in Kapuri Primary School. They also…
JUNIOR COMMAND AND STAFF COURSE 23 GRADUATES IN MUSANZE
Musanze, 11 October 2024
Today, 76 officers, including 72 from the Rwanda Defence Force, 2 from the Rwanda National Police, and 2 from the Rwanda…
Rwandan Peacekeepers in South Sudan play friendly football match and donate sports equipment to the youth
Juba-Durupi, 5 October 2024.
Today, Rwandan peacekeepers (RWANBATT-3) serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) played a…
Rwandan Peacekeepers in Bria honoured with UN Medals for their service in CAR
Bria, 4 October 2024
Rwandan peacekeepers from Rwanda Battle Group VI and RWAMED IX Level 2+ Hospital under the UN Multidimensional Integrated…
MOZAMBIQUE ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF MEETS RWANDA SECURITY FORCES COMMANDER IN PEMBA
Cabo Delgado, 27 Septermber 2024
The Mozambique Armed Forces Chief of General Staff (CGS) Admiral Joaquim Mangrasse met Rwanda Security Forces (RSF)…
RWANDA DEFENCE FORCE AND TANZANIA PEOPLE'S DEFENCE FORCES STRENGTHEN CROSS-BORDER SECURITY COOPERATION
Karagwe, Tanzania – 25 September 2024
The Rwanda Defence Force (5 Division) and the Tanzania People’s Defence Force (202 Brigade) convened for the…