Ubuhuza – Imwe mu nzira zitanga ubutabera bwunga
Ubuhuza ni uburyo bwo gukemura impaka bushingiye ku biganiro hagati y’impande zifitanye amakimbirane, kugira ngo zumvikane ubwazo zibifashijwemo n’umuhuza.
Mbere y’ubukoloni mu Rwanda, ubuhuza bwari ishingiro ry’ubutabera bwifashishwaga mu gukemura amakimbirane mu buryo bworoshye kandi bwihuse.
Guhera mu mwaka wa 2018, itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza riteganya ubuhuza mu cyiciro icyo ari cyo cyose urubanza rwaba rugezemo; ni ukuvuga igihe cyose urubanza rutarasomwa.
Ubuhuza bufasha mu gutanga ubutabera bwihuse kandi abafitanye amakimbirane babigizemo uruhare, bityo umubano mwiza hagati yabo no gufashanya mu bibateza imbere akaba ari byo bimakaza aho guhora mu manza.
Benshi bakunze kwibaza bati ni nde ukwiriye kuba umuhuza? Umuhuza ashobora kuba umukozi w’Urukiko nk’Umwanditsi w’urukiko wakiriye abafitanye urubanza mu nama ntegurarubanza cyangwa umucamanza wagenwe na Perezida w’Urukiko.
Ashobora kandi no kuba umuhuza wigenga. Uyu ni umuntu utari umukozi w’urukiko kandi uri ku rutonde rw’abahuza rwemejwe rukanatangazwa ku rubuga rw’Urwego rw’Ubucamanza. Ashobora kandi kuba ari umunyamategeko cyangwa undi muntu ufite ubundi bumenyi nk’umwubatsi, umucungamutungo, umuganga, umunyamakuru, umwarimu n’abandi.
Abahuza bakemura ibibazo mbonezamubano, iby’ubucuruzi, iby’umurimo n’iby’ubutegetsi kuva ku Rukiko rw’Ibanze kugera ku Rukiko rw’Ikirenga.
Ubuhuza busabwa nande?
Umuburanyi uwo ari we wese ashobora gusaba ubuhuza, akabigaragaza mu mwanzuro utanga ikirego cyangwa uwo kwiregura. Icyo gihe, umwanditsi abimenyesha undi muburanyi akamushishikariza ubuhuza n’impamvu ari bwiza, babyemeranywaho bakihitiramo umuhuza.
Ikindi ni uko umwanditsi w’urukiko n’umucamanza wese, bafite inshingano yo gushishikariza ababuranyi ubuhuza iyo babona ko ari yo nzira nziza.
Uruhare rw’ababuranyi mu buhuza
Mu buhuza, impande zifitanye amakimbirane zigira uruhare mu gufatanya n’umuhuza nta buriganya kugira ngo igikorwa cy’ubuhuza kihute mu buryo bushoboka.
Kwitegura neza no kwitabira ibiganiro byose bo ubwabo cyangwa ababahagarariye bahaye ububasha bwo kumvikana, kugira uruhare mu gushakisha ibisubizo byumvikanyweho, kurebera hamwe inzitizi zose zatuma umwanzuro udashobora gushyirwa mu bikorwa, kwandika umwanzuro wumvikanyweho kuri buri kintu cyose cyumvikanyweho no kwemeranya ku ngingo ziwugize; ndetse no gushyira umukono ku mwanzuro impande zombi zemeranyijwe.
Iyo ababuranyi bumvikanye babifashijwemo n’umwanditsi, umwanditsi ategura icyemezo cy’urukiko gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane kigashyikirizwa Perezida w’Urukiko.
Perezida w’Urukiko n’umwanditsi bashyira umukono ku cyemezo cyarwo, kigashyirwaho kashe mpuruza hamwe n’umwanzuro w’ubwumvikane washyizweho umukono n’impande zombi.
Iyo ababuranyi bumvikanishijwe n’umucamanza ni na we uhita afata icyo cyemezo. Iyo babifashishwemo n’umuhuza wigenga, umwanzuro w’ubwumvikane ushyikirizwa umwanditsi w’urukiko agategura icyemezo cy’ubwumvikane gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane.
Iyo ababuranyi bahisemo umuhuza wigenga, umwanditsi w’urukiko cyangwa umucamanza, yumvikana na bo igihe igikorwa cy’ubuhuza kizamara. Uko byagenda kose icyo gihe ntigishobora kurenza ukwezi, kandi hagatangwa raporo y’ibyakozwe keretse iyo ababuranyi basabye ko cyongerwa.
Iyo batabisabye kandi ntibatange raporo, ntihagire n’uza gusaba ko iburanisha risubukurwa mu gihe cy’iminsi cumi n’itanu (15) kuva igihe bahawe kirangiye, urubanza rwabo rurasibwa.
Iyo abasabye ubuhuza batumvikanye cyangwa bumvikanye kuri bimwe, uwareze ni we ufite inshingano yo kumenyesha urukiko ko ubwumvikane bwananiranye, kugira ngo ahabwe itariki iburanisha rizasubukurirwaho.
Ibyemeranyijweho mu buhuza ntibishobora kugarukwaho mu iburanisha. Umucamanza wagerageje kunga ababuranyi bikananirana ntaba akibaburanishije mu mizi.
Ubuhuza bukozwe n’abakozi b’urukiko bukorerwa Ubuntu, ariko iyo bukozwe n’umuhuza wigenga burishyura.
More News
RWANDA SECURITY FORCES (RSF) IN CABO DELGADO REHABILITATE NACOLOLO PRIMARY SCHOOL AND DONATES SCHOLASTIC MATERIALS
Cabo Delgado,4 September 2024
Today, Rwanda Security Forces (Task Force Battle Group 3 ) operating in Ancuabe district, Cabo Delgado province,…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/06/24
KIGALI, 01 SEPTEMBER 2024
HON. MINISTER OF DEFENCE HAS PROMOTED RDF NON-COMMISSIONED OFFICERS AND ENLISTED PERSONNEL AS…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/05/24
KIGALI, 01 SEPTEMBER 2024
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND C-I-C OF RDF HAS PROMOTED RDF PERSONNEL AS…
RWANDA DEFENCE FORCE AND UGANDA PEOPLES’ DEFENCE FORCES HOLD MEETING TO STRENGTHEN CROSS-BORDER SECURITY
Mbarara-Uganda, 31 August 2024
The Rwanda Defence Force (2nd and 5th Infantry Divisions) and the Uganda Peoples’ Defence Forces (2nd Infantry…
RDF HONOURABLY BIDS FAREWELL TO RETIRING GENERALS, SENIOR OFFICERS AND OTHER RANKS
Kigali, 30 August 2024
The Rwanda Defence Force (RDF) has, for the twelfth time, held a send-off ceremony to honour the service rendered by RDF…
RDF PRESS RELEASE – RETIREMENT IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/04/24
KIGALI, 30 AUGUST 2024
1. H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS APPROVED THE…
RDF OFFICERS ATTENDING MIDDLE-LEVEL COMMANDERS AND STAFF SEMINAR VISIT KIGALI GENOCIDE MEMORIAL
Kigali, 30 August 2024
The Rwanda Defence Force Officers (RDF) from the Middle-Level Commanders and Staff Seminar at the RDF Senior Command and Staff…
RDF PRESS RELEASE – DISMISSAL AND RESCISSION OF CONTRACTS IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/03/24
KIGALI, 30 AUGUST 2024
1. HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND C-IN-C OF RDF HAS DISMISSED FROM RDF,…
FORCE HEADQUARTERS STAFF OFFICERS TRAINING OF TRAINERS COURSE COMMENCES AT RWANDA PEACE ACADEMY
Musanze, 26 August 2024
The RDF Chief of Defence Staff (CDS), General MK Mubarakh has officially opened the Force Headquarters Staff Officers…
UNMISS FORCE COMMANDER VISITS RWANDA PEACEKEEPERS IN MALAKAL
Malakal, 21 August 2024
The Force Commander of the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), Lt. Gen. Mohan SUBRAMANIAN, along with a…