Ubuhuza – Imwe mu nzira zitanga ubutabera bwunga
Ubuhuza ni uburyo bwo gukemura impaka bushingiye ku biganiro hagati y’impande zifitanye amakimbirane, kugira ngo zumvikane ubwazo zibifashijwemo n’umuhuza.
Mbere y’ubukoloni mu Rwanda, ubuhuza bwari ishingiro ry’ubutabera bwifashishwaga mu gukemura amakimbirane mu buryo bworoshye kandi bwihuse.
Guhera mu mwaka wa 2018, itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza riteganya ubuhuza mu cyiciro icyo ari cyo cyose urubanza rwaba rugezemo; ni ukuvuga igihe cyose urubanza rutarasomwa.
Ubuhuza bufasha mu gutanga ubutabera bwihuse kandi abafitanye amakimbirane babigizemo uruhare, bityo umubano mwiza hagati yabo no gufashanya mu bibateza imbere akaba ari byo bimakaza aho guhora mu manza.
Benshi bakunze kwibaza bati ni nde ukwiriye kuba umuhuza? Umuhuza ashobora kuba umukozi w’Urukiko nk’Umwanditsi w’urukiko wakiriye abafitanye urubanza mu nama ntegurarubanza cyangwa umucamanza wagenwe na Perezida w’Urukiko.
Ashobora kandi no kuba umuhuza wigenga. Uyu ni umuntu utari umukozi w’urukiko kandi uri ku rutonde rw’abahuza rwemejwe rukanatangazwa ku rubuga rw’Urwego rw’Ubucamanza. Ashobora kandi kuba ari umunyamategeko cyangwa undi muntu ufite ubundi bumenyi nk’umwubatsi, umucungamutungo, umuganga, umunyamakuru, umwarimu n’abandi.
Abahuza bakemura ibibazo mbonezamubano, iby’ubucuruzi, iby’umurimo n’iby’ubutegetsi kuva ku Rukiko rw’Ibanze kugera ku Rukiko rw’Ikirenga.
Ubuhuza busabwa nande?
Umuburanyi uwo ari we wese ashobora gusaba ubuhuza, akabigaragaza mu mwanzuro utanga ikirego cyangwa uwo kwiregura. Icyo gihe, umwanditsi abimenyesha undi muburanyi akamushishikariza ubuhuza n’impamvu ari bwiza, babyemeranywaho bakihitiramo umuhuza.
Ikindi ni uko umwanditsi w’urukiko n’umucamanza wese, bafite inshingano yo gushishikariza ababuranyi ubuhuza iyo babona ko ari yo nzira nziza.
Uruhare rw’ababuranyi mu buhuza
Mu buhuza, impande zifitanye amakimbirane zigira uruhare mu gufatanya n’umuhuza nta buriganya kugira ngo igikorwa cy’ubuhuza kihute mu buryo bushoboka.
Kwitegura neza no kwitabira ibiganiro byose bo ubwabo cyangwa ababahagarariye bahaye ububasha bwo kumvikana, kugira uruhare mu gushakisha ibisubizo byumvikanyweho, kurebera hamwe inzitizi zose zatuma umwanzuro udashobora gushyirwa mu bikorwa, kwandika umwanzuro wumvikanyweho kuri buri kintu cyose cyumvikanyweho no kwemeranya ku ngingo ziwugize; ndetse no gushyira umukono ku mwanzuro impande zombi zemeranyijwe.
Iyo ababuranyi bumvikanye babifashijwemo n’umwanditsi, umwanditsi ategura icyemezo cy’urukiko gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane kigashyikirizwa Perezida w’Urukiko.
Perezida w’Urukiko n’umwanditsi bashyira umukono ku cyemezo cyarwo, kigashyirwaho kashe mpuruza hamwe n’umwanzuro w’ubwumvikane washyizweho umukono n’impande zombi.
Iyo ababuranyi bumvikanishijwe n’umucamanza ni na we uhita afata icyo cyemezo. Iyo babifashishwemo n’umuhuza wigenga, umwanzuro w’ubwumvikane ushyikirizwa umwanditsi w’urukiko agategura icyemezo cy’ubwumvikane gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane.
Iyo ababuranyi bahisemo umuhuza wigenga, umwanditsi w’urukiko cyangwa umucamanza, yumvikana na bo igihe igikorwa cy’ubuhuza kizamara. Uko byagenda kose icyo gihe ntigishobora kurenza ukwezi, kandi hagatangwa raporo y’ibyakozwe keretse iyo ababuranyi basabye ko cyongerwa.
Iyo batabisabye kandi ntibatange raporo, ntihagire n’uza gusaba ko iburanisha risubukurwa mu gihe cy’iminsi cumi n’itanu (15) kuva igihe bahawe kirangiye, urubanza rwabo rurasibwa.
Iyo abasabye ubuhuza batumvikanye cyangwa bumvikanye kuri bimwe, uwareze ni we ufite inshingano yo kumenyesha urukiko ko ubwumvikane bwananiranye, kugira ngo ahabwe itariki iburanisha rizasubukurirwaho.
Ibyemeranyijweho mu buhuza ntibishobora kugarukwaho mu iburanisha. Umucamanza wagerageje kunga ababuranyi bikananirana ntaba akibaburanishije mu mizi.
Ubuhuza bukozwe n’abakozi b’urukiko bukorerwa Ubuntu, ariko iyo bukozwe n’umuhuza wigenga burishyura.
More News
THE 19TH AFRICAN CONFERENCE OF COMMANDANTS OF AFRICAN COMMAND AND STAFF COLLEGES KICKS OFF IN KIGALI
10 November 2025
The 19th African Conference of Commandants (ACoC) of African Command and Staff Colleges officially kicked off today in Kigali,…
RWANDA SECURITY FORCE IN MOCĂŤMBOA DA PRAIA JOINS RESIDENTS IN COMMUNITY WORK
Cabo Delgado, 8 November 2025
Today, the Rwanda Security Forces (RSF) deployed in Mozambique’s northern province of Cabo Delgado joined local…
RDF PRESS RELEASE: RWANDA TO HOST THE 19TH AFRICAN CONFERENCE OF COMMANDANTS OF AFRICAN COMMAND AND STAFF COLLEGES
REF: RDF/DPA/A/13/08/25
Kigali, 7 November 2025
The Republic of Rwanda will host the 19th African Conference of Commandants (ACoC) from 10 to 12…
THE CHIEF OF DEFENCE FORCES OF KENYA DELIVERS A LECTURE TO SENIOR OFFICERS AT RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 06 November 2025
The Chief of Defence Forces of the Kenya Defence Forces (CDF-KDF), General Charles Muriu Kahariri, today visited the Rwanda…
THE CHIEF OF CIVIL-MILITARY COOPERATION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE URGES THE HEADS OF BASIC EDUCATION SCHOOLS TO PROMOTE RWANDA’S HISTORY AMONG THE YOUTH
Burera, 5 November 2025
The Chief of Civil–Military Cooperation in the Rwanda Defence Force (RDF), Colonel Désiré Migambi Mungamba, today addressed…
THE CHIEF OF DEFENCE FORCES OF THE KENYA DEFENCE FORCES VISITS THE RWANDA DEFENCE FORCE
Kigali, 5 November 2025
The Chief of Defence Forces of the Kenya Defence Forces (CDF-KDF), General Charles Muriu KAHARIRI, is on a working visit to…
MOZAMBIQUE CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS THE RWANDA SECURITY FORCES IN MOCĂŤMBOA DA PRAIA
Cabo Delgado, 30 October 2025
Today, the Chief of the General Staff of the Mozambican Armed Forces (CGS), General Júlio dos Santos Jane, accompanied…
RDF CHIEF OF CIVIL-MILITARY COOPERATION HIGHLIGHTS THE ROLE OF UNITY AND RESILIENCE IN BUILDING A STRONG AND UNITED RWANDA AT THE ANNUAL UNITY AND RESILIENCE FORUM IN GASABO
Kigali, 28 October 2025
Today, the Chief of Civil-Military Cooperation (Chief J9) in the Rwanda Defence Force, Colonel Désiré Migambi Mungamba,…
JUNIOR COMMAND AND STAFF COURSE GRADUATES IN MUSANZE DISTRICT
Musanze, 24 October 2025
Today, a total of 75 officers comprising 71 from the Rwanda Defence Force, two from the Rwanda National Police (RNP), and…
LAND FORCES COMMANDERS SYMPOSIUM CONCLUDES IN KIGALI
Kigali, 22 October 2025
The two-day Land Forces Commanders Symposium held in Kigali concluded with productive discussions aimed at inspiring African…