Ubuhuza – Imwe mu nzira zitanga ubutabera bwunga
Ubuhuza ni uburyo bwo gukemura impaka bushingiye ku biganiro hagati y’impande zifitanye amakimbirane, kugira ngo zumvikane ubwazo zibifashijwemo n’umuhuza.
Mbere y’ubukoloni mu Rwanda, ubuhuza bwari ishingiro ry’ubutabera bwifashishwaga mu gukemura amakimbirane mu buryo bworoshye kandi bwihuse.
Guhera mu mwaka wa 2018, itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza riteganya ubuhuza mu cyiciro icyo ari cyo cyose urubanza rwaba rugezemo; ni ukuvuga igihe cyose urubanza rutarasomwa.
Ubuhuza bufasha mu gutanga ubutabera bwihuse kandi abafitanye amakimbirane babigizemo uruhare, bityo umubano mwiza hagati yabo no gufashanya mu bibateza imbere akaba ari byo bimakaza aho guhora mu manza.
Benshi bakunze kwibaza bati ni nde ukwiriye kuba umuhuza? Umuhuza ashobora kuba umukozi w’Urukiko nk’Umwanditsi w’urukiko wakiriye abafitanye urubanza mu nama ntegurarubanza cyangwa umucamanza wagenwe na Perezida w’Urukiko.
Ashobora kandi no kuba umuhuza wigenga. Uyu ni umuntu utari umukozi w’urukiko kandi uri ku rutonde rw’abahuza rwemejwe rukanatangazwa ku rubuga rw’Urwego rw’Ubucamanza. Ashobora kandi kuba ari umunyamategeko cyangwa undi muntu ufite ubundi bumenyi nk’umwubatsi, umucungamutungo, umuganga, umunyamakuru, umwarimu n’abandi.
Abahuza bakemura ibibazo mbonezamubano, iby’ubucuruzi, iby’umurimo n’iby’ubutegetsi kuva ku Rukiko rw’Ibanze kugera ku Rukiko rw’Ikirenga.
Ubuhuza busabwa nande?
Umuburanyi uwo ari we wese ashobora gusaba ubuhuza, akabigaragaza mu mwanzuro utanga ikirego cyangwa uwo kwiregura. Icyo gihe, umwanditsi abimenyesha undi muburanyi akamushishikariza ubuhuza n’impamvu ari bwiza, babyemeranywaho bakihitiramo umuhuza.
Ikindi ni uko umwanditsi w’urukiko n’umucamanza wese, bafite inshingano yo gushishikariza ababuranyi ubuhuza iyo babona ko ari yo nzira nziza.
Uruhare rw’ababuranyi mu buhuza
Mu buhuza, impande zifitanye amakimbirane zigira uruhare mu gufatanya n’umuhuza nta buriganya kugira ngo igikorwa cy’ubuhuza kihute mu buryo bushoboka.
Kwitegura neza no kwitabira ibiganiro byose bo ubwabo cyangwa ababahagarariye bahaye ububasha bwo kumvikana, kugira uruhare mu gushakisha ibisubizo byumvikanyweho, kurebera hamwe inzitizi zose zatuma umwanzuro udashobora gushyirwa mu bikorwa, kwandika umwanzuro wumvikanyweho kuri buri kintu cyose cyumvikanyweho no kwemeranya ku ngingo ziwugize; ndetse no gushyira umukono ku mwanzuro impande zombi zemeranyijwe.
Iyo ababuranyi bumvikanye babifashijwemo n’umwanditsi, umwanditsi ategura icyemezo cy’urukiko gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane kigashyikirizwa Perezida w’Urukiko.
Perezida w’Urukiko n’umwanditsi bashyira umukono ku cyemezo cyarwo, kigashyirwaho kashe mpuruza hamwe n’umwanzuro w’ubwumvikane washyizweho umukono n’impande zombi.
Iyo ababuranyi bumvikanishijwe n’umucamanza ni na we uhita afata icyo cyemezo. Iyo babifashishwemo n’umuhuza wigenga, umwanzuro w’ubwumvikane ushyikirizwa umwanditsi w’urukiko agategura icyemezo cy’ubwumvikane gitegeka gushyira mu bikorwa umwanzuro w’ubwumvikane.
Iyo ababuranyi bahisemo umuhuza wigenga, umwanditsi w’urukiko cyangwa umucamanza, yumvikana na bo igihe igikorwa cy’ubuhuza kizamara. Uko byagenda kose icyo gihe ntigishobora kurenza ukwezi, kandi hagatangwa raporo y’ibyakozwe keretse iyo ababuranyi basabye ko cyongerwa.
Iyo batabisabye kandi ntibatange raporo, ntihagire n’uza gusaba ko iburanisha risubukurwa mu gihe cy’iminsi cumi n’itanu (15) kuva igihe bahawe kirangiye, urubanza rwabo rurasibwa.
Iyo abasabye ubuhuza batumvikanye cyangwa bumvikanye kuri bimwe, uwareze ni we ufite inshingano yo kumenyesha urukiko ko ubwumvikane bwananiranye, kugira ngo ahabwe itariki iburanisha rizasubukurirwaho.
Ibyemeranyijweho mu buhuza ntibishobora kugarukwaho mu iburanisha. Umucamanza wagerageje kunga ababuranyi bikananirana ntaba akibaburanishije mu mizi.
Ubuhuza bukozwe n’abakozi b’urukiko bukorerwa Ubuntu, ariko iyo bukozwe n’umuhuza wigenga burishyura.
More News
Defence and Security practitioners discuss emerging military technologies and International Humanitarian Law
Kigali, 14 May 2024
Today, the representatives from African military and security agencies convened in Rwanda to raise awareness on emerging…
UNITED NATIONS DELEGATION VISIT RWANDA AIR FORCE HEADQUARTERS
Kigali, 13 May 2024
This morning, a delegation from the United Nations, led by Michael Mulinge KITIVI, Director of the Uniformed Capability Support…
RWANDA DEFENCE FORCE PERSONNEL COMPLETE SAFETY DRIVING AND TRAFFIC MANAGEMENT COURSE
Kigali, 9 May 2024
Today, 195 Rwanda Defence Force Personnel completed a seven-months Driving and Traffic Management course held at Kanombe Barracks…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CAR DECORATE UNITED NATIONS MEDALS
Bangui, 09 May 2024
Today, Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-12) serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in…
Rwanda Defence Force and Tanzania People’s Defence Forces meet in Eastern Province
Eastern Province, 8 May 2024
From Tuesday 7 May 2024 Rwanda Defence Force 5 Division received a delegation from Tanzania People’s Defence Force…
RWANDAN PEACEKEEPERS (RWABATT12) IN CAR HAND OVER YAPELE MATERNITY FACILITY
Bangui, 07 May 2024
Today, Rwandan Peacekeepers (RWABATT12), in collaboration with the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization…
CHIEF OF THE GENERAL STAFF OF ARMED FORCES OF SENEGAL VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 6 May 2024
Today, General Mbaye Cissé, the Chief of the General Staff of Armed Forces of Senegal, along with his delegation, visited the…
RDF Medical Personnel treat patients in Nyamasheke and Ruhango districts
In the context of the ongoing three-month Defence and Security Citizen Outreach Programme 2024, medical personnel from the Rwanda Military Hospital,…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTIONS AND APPOINTMENTS IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/02/24
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS APPROVED THE ESTABLISHMENT OF THE RDF MILITARY…
RDF ARMY CHIEF OF STAFF VISITS RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN, MEETS UNMISS HEAD OF MISSION AND SOUTH SUDAN CHIEF OF DEFENCE FORCES.
Juba- South Sudan, 01 May 2024
The Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff (ACOS), Maj Gen Vincent Nyakarundi today visited RDF peacekeepers…