Mu Mirenge ya Mamba, Gikonko na Musha habaye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
ri uyu wa 27/04/2026, mu Karere ka Gisagara habaye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Mirenge ya Mamba, Gikonko na Musha. I Gikonko, hashyinguwe mu cyubahiro umubiri w'inzirakarengane wazize jenoside yakorewe Abatutsi wabonetse.
Kuri site ya Mamba, Umushyitsi mukuru yari Hon. Dep. Amb. Hope Tumukunde Gasatura ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga, Abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Akarere, Perezida wa Ibuka ku rwego rw'Akarere, abayobozi batandukanye mu bice bitandukanye baje gufatanya n'abaturage ba Mamba mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuyobozi w'Akarere yasabye abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi kwiyungamo imbaraga, bagakora cyane bakiyubaka, bakiteza imbere, bagakora ahabo n'ah'abishwe, ntibazazime.

Hon Dep Amb. Hope Tumukunde Gasatura wari umushyitsi mukuru yibukije ko Kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi ari inshingano ya buri munyarwanda wese! Yagize ati: "Ubu Abanyarwanda bahisemo ibintu 3 bikomeye: kuba umwe, kubazwa inshingano no kureba kure mu buryo bwagutse.
Yasabye abantu bose kwirinda ingangabitekerezo ya jenoside, by'umwihariko Urubyiruko kwirinda ikoreshwa ry'imbuga nkoranyambaga zikwirakwiza iyo ngengabitekerezo, kuko Ubumwe bw'abanyarwanda ni amahitamo yacu, ni bwo buzima bwacu.

Kuri Site ya Gikonko, umushyitsi mukuru yari VM ED ari kumwe n'UmunyamabanganNshingwabikorwa w'Akarere ka Nyamagabe, naho kuri site ya Musha umushyitsi mukuru yari Hon. Dep. Sarah Kayitesi ari kumwe VP w'Inama Njyanama y'Akarere Laurette Mushimimiyimana, warinuhagarariye Akarere, abayabozi batandukanye baturutse hirya no hino mu gihugu baje kwifatanya n'abaturage ba Musha mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Hose, Igikorwa cyo kwibuka cyashojwe no gushyira indabo ku mva. Mu rwibutso rwa Mamba haruhukiyemo imibiri igera kuri 30,205, mu rwibutso rwa Gikonko haruhukiyemo imibiri 27,616, naho mu rwibutso rwa Musha haruhukiyemo imibiri 2,623.
Twibuke Twiyubaka.




More News
RDF Inter Force Competition wraps up in Bugesera District
Bugesera, 31 January 2023
The RDF Inter Force Competition 2022-2023 concluded today with a final football match between Republican Guard and Special…
Rwanda hosts the main planning conference for the EAC Armed Forces Command Post Exercise USHIRIKIANO IMARA 2023
Kigali, 16 January 2023
Armed Forces delegates from the East African Community (EAC) partner States started today a three-day main planning…
RDF Inter Force Sports competition reaches quarter-finals
Kigali, 16 January 2023
The Rwanda Defence Force Inter Force competition resumed after two years of halting due to safety concerns of the COVID-19…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE MEDICAL SERVICES TO RESIDENTS IN BRIA TOWN IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Bria, 14 January 2023
Yesterday, Rwanda Battle Group V and Rwanda Level II Hospital medical personnel under the United Nations Multidimensional…
RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE CONDUCTS CULTURAL DAY EXHIBITION
Musanze, 13 January 2023
Today, Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) students showcased their respective countries cultures…
RDF soldiers graduate in Military Band Basic Music Courses
Kigali, 13 January 2023
Today, 127 Rwanda Defence Force soldiers graduated in Military Band Basic Music Courses including the Basic Music Course,…
Mozambique's Defence Minister visits Rwanda Security Forces in Mocimboa da Praia, Cabo Delgado province
Cabo Delgado, 05 January 2023
Mozambique's Minister for National Defence, Maj Gen Cristóvão Artur Chume, along with Army commander of the Mozambican…
UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego…