Mu Mirenge ya Mamba, Gikonko na Musha habaye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
ri uyu wa 27/04/2026, mu Karere ka Gisagara habaye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Mirenge ya Mamba, Gikonko na Musha. I Gikonko, hashyinguwe mu cyubahiro umubiri w'inzirakarengane wazize jenoside yakorewe Abatutsi wabonetse.
Kuri site ya Mamba, Umushyitsi mukuru yari Hon. Dep. Amb. Hope Tumukunde Gasatura ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga, Abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Akarere, Perezida wa Ibuka ku rwego rw'Akarere, abayobozi batandukanye mu bice bitandukanye baje gufatanya n'abaturage ba Mamba mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuyobozi w'Akarere yasabye abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi kwiyungamo imbaraga, bagakora cyane bakiyubaka, bakiteza imbere, bagakora ahabo n'ah'abishwe, ntibazazime.

Hon Dep Amb. Hope Tumukunde Gasatura wari umushyitsi mukuru yibukije ko Kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi ari inshingano ya buri munyarwanda wese! Yagize ati: "Ubu Abanyarwanda bahisemo ibintu 3 bikomeye: kuba umwe, kubazwa inshingano no kureba kure mu buryo bwagutse.
Yasabye abantu bose kwirinda ingangabitekerezo ya jenoside, by'umwihariko Urubyiruko kwirinda ikoreshwa ry'imbuga nkoranyambaga zikwirakwiza iyo ngengabitekerezo, kuko Ubumwe bw'abanyarwanda ni amahitamo yacu, ni bwo buzima bwacu.

Kuri Site ya Gikonko, umushyitsi mukuru yari VM ED ari kumwe n'UmunyamabanganNshingwabikorwa w'Akarere ka Nyamagabe, naho kuri site ya Musha umushyitsi mukuru yari Hon. Dep. Sarah Kayitesi ari kumwe VP w'Inama Njyanama y'Akarere Laurette Mushimimiyimana, warinuhagarariye Akarere, abayabozi batandukanye baturutse hirya no hino mu gihugu baje kwifatanya n'abaturage ba Musha mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Hose, Igikorwa cyo kwibuka cyashojwe no gushyira indabo ku mva. Mu rwibutso rwa Mamba haruhukiyemo imibiri igera kuri 30,205, mu rwibutso rwa Gikonko haruhukiyemo imibiri 27,616, naho mu rwibutso rwa Musha haruhukiyemo imibiri 2,623.
Twibuke Twiyubaka.




More News
RDF mourns fallen Rwandan peacekeeper in MINUSCA
REF: RDF/MPR/A/10/07/23
Kigali, 11 July 2023
The Rwanda Defence Force is deeply saddened by the death of a Rwandan peacekeeper serving under the…
RDF Spokesperson lectures RICA students on sustaining Rwanda’s achievements
Bugesera, 7 July 2023
Today, the Defence and Military Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga addressed students at the Rwanda Institute for…
Defence Attachés to Rwanda briefed on RDF operations and internal as well as regional security dynamics
Kigali, 5 July 2023
Defence Attachés (DA) accredited to Rwanda today were hosted for a security briefing at Rwanda Defence Force Headquarters,…
Rugerero IDP Model Village inaugurated as Rwanda marks 29th Liberation Day Celebration
Rubavu, 4 July 2023
On behalf of HE Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of Rwanda Defence Force, Rt Hon Prime…
RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT SUCCESSFULLY CONCLUDES IN KIGALI
Nyarugenge, 03 July 2023
The RDF Liberation Tournament concluded today with a final football match between Republican Guard (RG) and Task Force…
RDF officers and other ranks complete Advanced Infantry Training
Nasho, 29 June 2023
More than 3,000 RDF soldiers including senior officers, junior officers and other ranks completed a six months advanced infantry…
The Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of the Republic of Rwanda pays a courtesy call on Mozambican Armed forces Chief of General Staff
Pemba, 27 June 2023
Today, the Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda, Gen James KABAREBE paid a courtesy call on the…
Kenya Defence Forces Chief of Defence Forces visits RDF Headquarters
Kigali, 27 June 2023
Today, Kenya Defence Forces (KDF) Chief of Defence Forces, General Francis Ogolla visited the Rwanda Defence Force headquarters…
EAC member states Armed Forces exercise “Ushirikiano Imara” winds up
Musanze, 26 June 2023
EAC member states Armed Forces, police personnel and civilians today concluded a two-week long Command Post Exercise (CPX)…
Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda visits Rwanda Security Forces in Cabo Delgado Province
Cabo Delgado, 23 June 2023
The Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda and Commander-In-Chief of Rwanda Defence Force,…