Mu Mirenge ya Mamba, Gikonko na Musha habaye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
ri uyu wa 27/04/2026, mu Karere ka Gisagara habaye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Mirenge ya Mamba, Gikonko na Musha. I Gikonko, hashyinguwe mu cyubahiro umubiri w'inzirakarengane wazize jenoside yakorewe Abatutsi wabonetse.
Kuri site ya Mamba, Umushyitsi mukuru yari Hon. Dep. Amb. Hope Tumukunde Gasatura ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga, Abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Akarere, Perezida wa Ibuka ku rwego rw'Akarere, abayobozi batandukanye mu bice bitandukanye baje gufatanya n'abaturage ba Mamba mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuyobozi w'Akarere yasabye abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi kwiyungamo imbaraga, bagakora cyane bakiyubaka, bakiteza imbere, bagakora ahabo n'ah'abishwe, ntibazazime.

Hon Dep Amb. Hope Tumukunde Gasatura wari umushyitsi mukuru yibukije ko Kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi ari inshingano ya buri munyarwanda wese! Yagize ati: "Ubu Abanyarwanda bahisemo ibintu 3 bikomeye: kuba umwe, kubazwa inshingano no kureba kure mu buryo bwagutse.
Yasabye abantu bose kwirinda ingangabitekerezo ya jenoside, by'umwihariko Urubyiruko kwirinda ikoreshwa ry'imbuga nkoranyambaga zikwirakwiza iyo ngengabitekerezo, kuko Ubumwe bw'abanyarwanda ni amahitamo yacu, ni bwo buzima bwacu.

Kuri Site ya Gikonko, umushyitsi mukuru yari VM ED ari kumwe n'UmunyamabanganNshingwabikorwa w'Akarere ka Nyamagabe, naho kuri site ya Musha umushyitsi mukuru yari Hon. Dep. Sarah Kayitesi ari kumwe VP w'Inama Njyanama y'Akarere Laurette Mushimimiyimana, warinuhagarariye Akarere, abayabozi batandukanye baturutse hirya no hino mu gihugu baje kwifatanya n'abaturage ba Musha mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Hose, Igikorwa cyo kwibuka cyashojwe no gushyira indabo ku mva. Mu rwibutso rwa Mamba haruhukiyemo imibiri igera kuri 30,205, mu rwibutso rwa Gikonko haruhukiyemo imibiri 27,616, naho mu rwibutso rwa Musha haruhukiyemo imibiri 2,623.
Twibuke Twiyubaka.




More News
UMUNYAMABANGA WA LETA MU NTARA YA CABO DELGADO YASUYE INGABO Z' U RWANDA MURI MOCĂŤMBOA DA PRAIA
MocĂmboa da Praia, 22 Ugushyingo 2025
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Intara ya Cabo Delgado, Fernando Bemane de Sousa, uyu munsi yasuye Inzego…
SECRETARY OF STATE FOR CABO DELGADO PROVINCE VISITS RWANDA SECURITY FORCES IN MOCĂŤMBOA DA PRAIA
MocĂmboa da Praia, 22 November 2025
The Secretary of State for Cabo Delgado Province, Fernando Bemane de Sousa, conducted an official visit today…
DEFENCE SPOKESPERSON DELIVERS LECTURE TO FACULTY STAFF AND STUDENTS FROM UNIVERSITY OF ZAMBIA
Kigali, 20 November 2025
Defence Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga, today delivered a lecture to a group of 20 students and faculty members…
UMUYOBOZI MUKURU MU NGABO Z’U RWANDA USHINZWE UBUFATANYE BWA GISIRIKARE N’ABASIVILI YAGANIRIJE URUBYIRUKO RURI MU MAHUGURWA Y’UBURERE MBONERAGIHUGU MU KIGO CY’IGIHUGU CY’UBUTORE
Burera, 19 Ugushyingo 2025
Kuri uyu munsi, Umuyobozi mukuru mu ngabo z’u Rwanda ushinzwe ubufatanye bwa Gisirikare n’Abasivili (Chief J9), Col.…
RDF CHIEF OF CIVIL-MILITARY COOPERATION ADDRESSES YOUTH UNDERGOING CIVIC EDUCATION AT THE NATIONAL UBUTORE DEVELOPMENT CENTRE
Burera, 19 November 2025
Today, the Rwanda Defence Force Chief of Civil-Military Cooperation (Chief J9), Col. Désiré Migambi Mungamba, addressed…
IRUSHANWA RY’IMIKINO IHUZA AMAKIPE YO MU NGABO Z’U RWANDA RYATANGIJWE
Kigali, 18 Ugushyingo 2025
Ingabo z’u Rwanda uyu munsi zatangije ku mugaragaro amarushanwa y’imikino ihuza abasirikare y’umwaka wa 2025–2026.
Iri…
RDF LAUNCHES INTER-FORCE COMPETITION 2025–2026 EDITION
Kigali, 18 November 2025
The Rwanda Defence Force (RDF), today officially launched the 2025–2026 Inter-Force Sports Competition, an annual event that…
RDF RESERVE FORCE CHIEF OF STAFF ADDRESSES RESERVISTS IN NORTHERN PROVINCE
Musanze, 12 November 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Reserve Force Chief of Staff, Major General Alex Kagame, together with the Governor of…
THE FUTURE OF AFRICA’S MILITARY EDUCATION LIES IN COLLABORATION, INNOVATION, AND TECHNOLOGY INTEGRATION – GEN MK MUBARAKH
Kigali, Rwanda – 12 November 2025
The Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, has urged African military colleges to…
THE 19TH AFRICAN CONFERENCE OF COMMANDANTS OF AFRICAN COMMAND AND STAFF COLLEGES KICKS OFF IN KIGALI
10 November 2025
The 19th African Conference of Commandants (ACoC) of African Command and Staff Colleges officially kicked off today in Kigali,…