Mu Mirenge ya Mamba, Gikonko na Musha habaye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
ri uyu wa 27/04/2026, mu Karere ka Gisagara habaye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Mirenge ya Mamba, Gikonko na Musha. I Gikonko, hashyinguwe mu cyubahiro umubiri w'inzirakarengane wazize jenoside yakorewe Abatutsi wabonetse.
Kuri site ya Mamba, Umushyitsi mukuru yari Hon. Dep. Amb. Hope Tumukunde Gasatura ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga, Abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Akarere, Perezida wa Ibuka ku rwego rw'Akarere, abayobozi batandukanye mu bice bitandukanye baje gufatanya n'abaturage ba Mamba mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuyobozi w'Akarere yasabye abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi kwiyungamo imbaraga, bagakora cyane bakiyubaka, bakiteza imbere, bagakora ahabo n'ah'abishwe, ntibazazime.

Hon Dep Amb. Hope Tumukunde Gasatura wari umushyitsi mukuru yibukije ko Kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi ari inshingano ya buri munyarwanda wese! Yagize ati: "Ubu Abanyarwanda bahisemo ibintu 3 bikomeye: kuba umwe, kubazwa inshingano no kureba kure mu buryo bwagutse.
Yasabye abantu bose kwirinda ingangabitekerezo ya jenoside, by'umwihariko Urubyiruko kwirinda ikoreshwa ry'imbuga nkoranyambaga zikwirakwiza iyo ngengabitekerezo, kuko Ubumwe bw'abanyarwanda ni amahitamo yacu, ni bwo buzima bwacu.

Kuri Site ya Gikonko, umushyitsi mukuru yari VM ED ari kumwe n'UmunyamabanganNshingwabikorwa w'Akarere ka Nyamagabe, naho kuri site ya Musha umushyitsi mukuru yari Hon. Dep. Sarah Kayitesi ari kumwe VP w'Inama Njyanama y'Akarere Laurette Mushimimiyimana, warinuhagarariye Akarere, abayabozi batandukanye baturutse hirya no hino mu gihugu baje kwifatanya n'abaturage ba Musha mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Hose, Igikorwa cyo kwibuka cyashojwe no gushyira indabo ku mva. Mu rwibutso rwa Mamba haruhukiyemo imibiri igera kuri 30,205, mu rwibutso rwa Gikonko haruhukiyemo imibiri 27,616, naho mu rwibutso rwa Musha haruhukiyemo imibiri 2,623.
Twibuke Twiyubaka.




More News
THE 32ND ORDINARY EASTERN AFRICA STANDBY FORCE POLICY ORGANS COUNCIL OF MINISTERS OF DEFENCE HELD IN NAIROBI-KENYA
Today, 27January 2024, the Ministers of Defence of the Eastern Africa Standby Force (EASF) Member States held a meeting in Nairobi, Kenya. The Member…
RWANDAN PEACEKEEPERS SERVING UNDER UNMISS DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
Today, 26 January 2024, Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-1) under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were decorated with UN Service Medals…
MOZAMBIQUE ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RWANDA DEFENCE FORCE
Kigali, 22 January 2024
The Chief of General Staff of the Mozambique Armed Forces (FADM), Admiral Joaquim Mangrasse visited the Rwanda Defence Force…
RDF officers and other ranks complete Advanced Infantry Training
Nasho, 17 January 2024
Today, Rwanda Defence Force (RDF) officers and other ranks successfully concluded seven-month long advanced infantry training…
THREE ARMED FARDC SOLDIERS CROSS INTO RWANDA, TWO UNDER ARREST
REF: RDF/MPR/A/10/01/24
Kigali, 16 January 2024
This morning at 0110hrs, three armed soldiers of the Democratic Republic of Congo armed forces…
RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE CELEBRATES CULTURE DAY AT NYAKINAMA
Musanze, 12 January 2024
Rwanda Defence Force Command and Staff College students in Nyakinama, Musanze district today celebrated the eleventh…
UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’URWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ndifuriza abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano mwese iminsi mikuru myiza, n’Umwaka mushya muhire.
Umwaka mushya ni umwanya wo kwisuzuma…
END-OF-YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER-IN-CHIEF TO RWANDA’S DEFENCE AND SECURITY FORCES
I wish all the women and men of our defence and security organs happy holidays and a prosperous New Year.
The New Year is a time to reflect and renew…
RDF Special Operation Force gets newly trained personnel
Nasho, 21 Dec 23
Rwanda Defence Force (RDF) graduated a new intake of Special Operation Force after completing a 10 month specialised combat training…