Mu Mirenge ya Mamba, Gikonko na Musha habaye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
ri uyu wa 27/04/2026, mu Karere ka Gisagara habaye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Mirenge ya Mamba, Gikonko na Musha. I Gikonko, hashyinguwe mu cyubahiro umubiri w'inzirakarengane wazize jenoside yakorewe Abatutsi wabonetse.
Kuri site ya Mamba, Umushyitsi mukuru yari Hon. Dep. Amb. Hope Tumukunde Gasatura ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere Jerome Rutaburingoga, Abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Akarere, Perezida wa Ibuka ku rwego rw'Akarere, abayobozi batandukanye mu bice bitandukanye baje gufatanya n'abaturage ba Mamba mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuyobozi w'Akarere yasabye abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi kwiyungamo imbaraga, bagakora cyane bakiyubaka, bakiteza imbere, bagakora ahabo n'ah'abishwe, ntibazazime.

Hon Dep Amb. Hope Tumukunde Gasatura wari umushyitsi mukuru yibukije ko Kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi ari inshingano ya buri munyarwanda wese! Yagize ati: "Ubu Abanyarwanda bahisemo ibintu 3 bikomeye: kuba umwe, kubazwa inshingano no kureba kure mu buryo bwagutse.
Yasabye abantu bose kwirinda ingangabitekerezo ya jenoside, by'umwihariko Urubyiruko kwirinda ikoreshwa ry'imbuga nkoranyambaga zikwirakwiza iyo ngengabitekerezo, kuko Ubumwe bw'abanyarwanda ni amahitamo yacu, ni bwo buzima bwacu.

Kuri Site ya Gikonko, umushyitsi mukuru yari VM ED ari kumwe n'UmunyamabanganNshingwabikorwa w'Akarere ka Nyamagabe, naho kuri site ya Musha umushyitsi mukuru yari Hon. Dep. Sarah Kayitesi ari kumwe VP w'Inama Njyanama y'Akarere Laurette Mushimimiyimana, warinuhagarariye Akarere, abayabozi batandukanye baturutse hirya no hino mu gihugu baje kwifatanya n'abaturage ba Musha mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Hose, Igikorwa cyo kwibuka cyashojwe no gushyira indabo ku mva. Mu rwibutso rwa Mamba haruhukiyemo imibiri igera kuri 30,205, mu rwibutso rwa Gikonko haruhukiyemo imibiri 27,616, naho mu rwibutso rwa Musha haruhukiyemo imibiri 2,623.
Twibuke Twiyubaka.




More News
‘UN Military Experts on Mission’ Course starts at Rwanda Peace Academy
Musanze, 29 October 2018

Twenty-one military officers from five Eastern Africa Standby Force (EASF) member states, started on Monday a three-week…
Rwanda Defence Force Command and Staff College graduates 39 Junior Officers
Musanze, 26 October 2018
Thirty nine junior officers that include thirty seven from Rwanda Defence Force (RDF) and two from Rwanda National Police…
Rwanda Military Hospital successfully conducts Ebola simulation exercise
Kigali, 25 October 2018
Rwanda Defence Force (RDF) through Rwanda Military Hospital in Kanombe, on Thursday successfully conducted a drill dubbed…
Major General Murasira takes charge as the new Defence Minister
Kigali, 22 October 2018
Major General Albert Murasira, the newly appointed Defence Minister was today handed the reins of the Defence Ministry.…
Rwanda Defence Force Senior Officers undergo physical test
19 October 2018
Rwanda Defense Forces have started conducting annual Physical Fitness Tests (PFT) program for all its personnel. The first…
Rwanda hosts the African integrated crisis management course
Musanze, 14 October 2018
The Rwanda Peace Academy in collaboration with the Nordic Defense Cooperation (NORDEFCO) and the Eastern Africa Standby…
Relief as CAR diaspora donates medical insurance to 2000 vulnerable people in Huye
Huye, 01 October 2018
Central African Republic (CAR) diaspora have donated health care packages worth Rwf6 million to 2000 members of vulnerable…
Fifteen Rwanda Air Force personnel conclude Force Development training
Kigali, 27 September 2018
Fifteen (15) senior and junior officers from Rwanda Air Force concluded a ten-day workshop on Force Development Programme…
The 2nd Ugandan Deputy Prime Minister calls for regional efforts to address Security challenges
Jinja, 25 May 2013
Gen. Moses Ali, the Ugandan Second Prime Minister said that international terrorism, cross border crimes constitute menace to…
RDF participates in the largest military communications exercise code named ‘Africa Endeavor’
Five Rwanda Defence Force (RDF) officers and one Non Commissioned Officer (NCO) led by Col Charles KARAMBA have just returned home from Abuja, Nigeria…