Ingabo z' u Rwanda ziri mu butumwa bw' amahoro muri Sudani y' Epfo bafatanije n' Umuryango SHF bakoze igikorwa cyo kurwanya malaria mu nkambi ya Mangateen
Juba, 11 Ukwakira 2025
Abasirikare n'abapolisi b’Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS) ku bufatanye n’Abanyarwanda baba muri Sudani y’Epfo ndetse n’Umuryango wa SHF (Society for Family Health), bakoze igikorwa cyo kurwanya malariya mu nkambi y’impunzi ya Mangateen iherereye i Juba.
Iki gikorwa cyabaye mu rwego rwo gukomeza gufasha abaturage no kubigisha uburyo bakwiye kurwanya malariya.
Ibikorwa byakozwe birimo gusukura ahashobora kororokera imibu, gutema ibihuru, gukangurira abaturage uburyo bwo kwirinda malariya ndetse no gutanga umuti (repellents) wica cyangwa wirukana imibu.
Mu ijambo rye, Colonel Leodomir Uwizeyimana, Umuyobozi w’Ingabo za Rwanbatt-3 unahagarariye abasirikare b’Abanyarwanda bari muri UNMISS, yashimye ubufatanye bukomeye buri hagati y’abasirikare n’abaturage.
Yasabye abatuye inkambi gukomeza kugira uruhare mu isuku y’aho batuye, anabashishikariza gutema ibihuru no gukuraho ibidendezi by'amazi bishobora kuba indiri y' umubu.
Simon Khan Lok, Umuyobozi w’inkambi ya Mangateen, yashimiye cyane ubu bufatanye, avuga ko bufite akamaro kanini mu guteza imbere ubuzima bw'abaturage binyuze mu kubigisha ndetse no kubagezaho umuti ubafasha kwirinda imibu.
Malariya ikomeje kuba imwe mu ndwara zikomeye zugarije abatuye inkambi ya Mangateen, iherereye ku nkengero z’umujyi wa Juba.
Iki gikorwa cy’ubukangurambaga cyagaragaje umuhate n' ubufatanye bw'abagiteguye mu guharanira imibereho myiza y’abaturage b’iyo nkambi.
More News
RDF Spokesperson lectures RICA students on sustaining Rwanda’s achievements
Bugesera, 7 July 2023
Today, the Defence and Military Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga addressed students at the Rwanda Institute for…
Defence Attachés to Rwanda briefed on RDF operations and internal as well as regional security dynamics
Kigali, 5 July 2023
Defence Attachés (DA) accredited to Rwanda today were hosted for a security briefing at Rwanda Defence Force Headquarters,…
Rugerero IDP Model Village inaugurated as Rwanda marks 29th Liberation Day Celebration
Rubavu, 4 July 2023
On behalf of HE Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of Rwanda Defence Force, Rt Hon Prime…
RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT SUCCESSFULLY CONCLUDES IN KIGALI
Nyarugenge, 03 July 2023
The RDF Liberation Tournament concluded today with a final football match between Republican Guard (RG) and Task Force…
RDF officers and other ranks complete Advanced Infantry Training
Nasho, 29 June 2023
More than 3,000 RDF soldiers including senior officers, junior officers and other ranks completed a six months advanced infantry…
The Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of the Republic of Rwanda pays a courtesy call on Mozambican Armed forces Chief of General Staff
Pemba, 27 June 2023
Today, the Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda, Gen James KABAREBE paid a courtesy call on the…
Kenya Defence Forces Chief of Defence Forces visits RDF Headquarters
Kigali, 27 June 2023
Today, Kenya Defence Forces (KDF) Chief of Defence Forces, General Francis Ogolla visited the Rwanda Defence Force headquarters…
EAC member states Armed Forces exercise “Ushirikiano Imara” winds up
Musanze, 26 June 2023
EAC member states Armed Forces, police personnel and civilians today concluded a two-week long Command Post Exercise (CPX)…
Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda visits Rwanda Security Forces in Cabo Delgado Province
Cabo Delgado, 23 June 2023
The Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda and Commander-In-Chief of Rwanda Defence Force,…
RDF Liberation Cup Tournament Competition reaches Quarter-Finals
Kigali, 21 June 2023
The Rwanda Defence Force Liberation Cup Tournament has reached the quarter finals.
Teams that qualified played today with…