Ingabo z' u Rwanda ziri mu butumwa bw' amahoro muri Sudani y' Epfo bafatanije n' Umuryango SHF bakoze igikorwa cyo kurwanya malaria mu nkambi ya Mangateen
Juba, 11 Ukwakira 2025
Abasirikare n'abapolisi b’Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS) ku bufatanye n’Abanyarwanda baba muri Sudani y’Epfo ndetse n’Umuryango wa SHF (Society for Family Health), bakoze igikorwa cyo kurwanya malariya mu nkambi y’impunzi ya Mangateen iherereye i Juba.
Iki gikorwa cyabaye mu rwego rwo gukomeza gufasha abaturage no kubigisha uburyo bakwiye kurwanya malariya.
Ibikorwa byakozwe birimo gusukura ahashobora kororokera imibu, gutema ibihuru, gukangurira abaturage uburyo bwo kwirinda malariya ndetse no gutanga umuti (repellents) wica cyangwa wirukana imibu.
Mu ijambo rye, Colonel Leodomir Uwizeyimana, Umuyobozi w’Ingabo za Rwanbatt-3 unahagarariye abasirikare b’Abanyarwanda bari muri UNMISS, yashimye ubufatanye bukomeye buri hagati y’abasirikare n’abaturage.
Yasabye abatuye inkambi gukomeza kugira uruhare mu isuku y’aho batuye, anabashishikariza gutema ibihuru no gukuraho ibidendezi by'amazi bishobora kuba indiri y' umubu.
Simon Khan Lok, Umuyobozi w’inkambi ya Mangateen, yashimiye cyane ubu bufatanye, avuga ko bufite akamaro kanini mu guteza imbere ubuzima bw'abaturage binyuze mu kubigisha ndetse no kubagezaho umuti ubafasha kwirinda imibu.
Malariya ikomeje kuba imwe mu ndwara zikomeye zugarije abatuye inkambi ya Mangateen, iherereye ku nkengero z’umujyi wa Juba.
Iki gikorwa cy’ubukangurambaga cyagaragaje umuhate n' ubufatanye bw'abagiteguye mu guharanira imibereho myiza y’abaturage b’iyo nkambi.
More News
Rwanda Security Forces and Mozambican Armed Forces conduct operations in Pundanhar and Nhica do Ruvuma-west of Palma District
Cabo Delgado, 08 February 2022
For the last two days, Joint offensive operations were conducted by Rwandan and Mozambican security forces in the…
RDFCSC STUDENTS EMBARK ON THEIR ANNUAL NATIONAL STUDY TOUR 2022
Kigali, 7 February 2022
Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) students have embarked on a weeklong National Study Tour (NST 2022)…
RE-OPENING OF SCHOOLS IN PALMA DISTRICT, CABO DELGADO PROVINCE, MOZAMBIQUE
Today, 31 January 2022, the government of Mozambique officially re-opened Primary schools in Palma district.
The ceremony was held in Palma town,…
PRESIDENT PAUL KAGAME OPENS AFRICAN AIR CHIEFS’ SYMPOSIUM
Kigali, 25 January 2022
H.E President Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda and Commander-in- Chief of Rwanda Defence Force today…
President of Mozambique visits Mozambique and Rwanda Security Forces in Palma, Cabo Delgado Province, Mozambique
Yesterday, 21 January 2022, the President of the Republic of Mozambique Filipe Jacinto Nyusi visited the Joint forces of Mozambique and Rwanda in…
Rwanda to host African Air Chiefs Symposium
Kigali, 21 January 2022
In partnership with the United States Air Forces in Europe - Air Forces in Africa (USAFE-AFAFRICA) Rwanda will host the…
South African Chief of Defence Forces and Mozambican Deputy Chief of Defence Forces visit Rwanda Security Forces Hqs in Mocimboa da Praia city, Cabo Delgaldo province, Mozambique.
On Wednesday, 19th January 2022 a delegation headed by Gen Rudzani Maphwanya the Chief of South African National Defence Forces (CDF) accompanied by…
A Delegation from Egyptian Military Academy visits Rwanda Defence Force
Kigali, 20 January 2022
A delegation from Egyptian Military Academy headed by Brig Gen Ahmed Ibrahim Mohammed Alam El Deen and 04 military officer…
Minister Vincent Biruta visits RDF troops in Central African Republic
Bangui, 14 January 2022
Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Hon Vincent Biruta visited Rwanda 57 Task Force Battalion at their…
JORDAN delegation visits Rwanda Defence Force
Kigali, 14 January 2022
A delegation from Jordan headed by Maj Gen Ahmed Husni Hasan Hatoqia, the Director of General Intelligence Department today…