INAMA YA GATANDATU Y’ABAYOBOZI B’INGABO ZA RDF NA UPDF BAKORERA HAFI Y’UMUPAKA UHUZA U RWANDA NA UGANDA YASOJE
Mbarara, 2 Ukwakira 2025
Inama y’iminsi itatu y’abayobozi b’ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe n’iza Uganda (UPDF) bakorera hafi y’umupaka uhuza ibihugu byombi, yasojwe kuri uyu wa kane i Mbarara.
Iyi nama yahuje abayobozi ba Diviziyo ya 2 ya UPDF hamwe na Diviziyo ya 5 ku ruhande rwa RDF yabereye Kabare ndetse na Mbarara, yibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi no kunoza imikoranire hagati yazo ndetse n’abaturage batuye ku mipaka ihuza ibi bihugu.
Mu ijambo rye risoza inama, Umuyobozi wungirije w’Ingabo zirwanira ku butaka z’Igihugu cya Uganda, Maj Gen Francis Takirwa, yashimiye abitabiriye inama ku ruhare rwabo n’ibitekerezo byubaka mu biganiro byabaye.
Yagarutse ku kamaro k’ubufatanye buhoraho mu guhangana n’ibikorwa bitemewe byambukiranya imipaka, asaba impande zombi gukomeza gusangira amakuru kenshi no kunoza imikoranire. Yavuze ko ubufatanye nk’ubu bugaragaza ubushake bw’ubuyobozi burangajwe imbere n’Abagaba b’Ikirenga b’Ingabo ku mpande zombi, mu gukemura ibibazo bihuriweho.
Maj Gen Takirwa yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ku buyobozi bufite icyerekezo, bwatumye iyi gahunda ibaho.
Yanasabye ko bashimira Abakuru b’Ingabo z’ibihugu byombi ku ruhare bagize mu itegurwa ry’iyi nama.
Yasoje agira ati: “Impande zombi zungukira mu mutekano usesuye kuko abaturage bashobora gukora ubucuruzi n’ibindi bikorwa mu mutekano n’ituze, bazi ko umutekano wabo ucunzwe neza.’’
More News
RDF Inter Force Competition wraps up in Bugesera District
Bugesera, 31 January 2023
The RDF Inter Force Competition 2022-2023 concluded today with a final football match between Republican Guard and Special…
Rwanda hosts the main planning conference for the EAC Armed Forces Command Post Exercise USHIRIKIANO IMARA 2023
Kigali, 16 January 2023
Armed Forces delegates from the East African Community (EAC) partner States started today a three-day main planning…
RDF Inter Force Sports competition reaches quarter-finals
Kigali, 16 January 2023
The Rwanda Defence Force Inter Force competition resumed after two years of halting due to safety concerns of the COVID-19…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE MEDICAL SERVICES TO RESIDENTS IN BRIA TOWN IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Bria, 14 January 2023
Yesterday, Rwanda Battle Group V and Rwanda Level II Hospital medical personnel under the United Nations Multidimensional…
RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE CONDUCTS CULTURAL DAY EXHIBITION
Musanze, 13 January 2023
Today, Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) students showcased their respective countries cultures…
RDF soldiers graduate in Military Band Basic Music Courses
Kigali, 13 January 2023
Today, 127 Rwanda Defence Force soldiers graduated in Military Band Basic Music Courses including the Basic Music Course,…
Mozambique's Defence Minister visits Rwanda Security Forces in Mocimboa da Praia, Cabo Delgado province
Cabo Delgado, 05 January 2023
Mozambique's Minister for National Defence, Maj Gen Cristóvão Artur Chume, along with Army commander of the Mozambican…
UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego…
END OF YEAR MESSAGE BY H.E THE PRESIDENT AND COMMANDER IN CHIEF OF RDF TO RWANDA DEFENCE AND SECURITY FORCES
On behalf of the Government of Rwanda, and on my own behalf, I wish the officers, men, and women of the Rwanda Defence and Security Forces, and your…