INAMA YA GATANDATU Y’ABAYOBOZI B’INGABO ZA RDF NA UPDF BAKORERA HAFI Y’UMUPAKA UHUZA U RWANDA NA UGANDA YASOJE
Mbarara, 2 Ukwakira 2025
Inama y’iminsi itatu y’abayobozi b’ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe n’iza Uganda (UPDF) bakorera hafi y’umupaka uhuza ibihugu byombi, yasojwe kuri uyu wa kane i Mbarara.
Iyi nama yahuje abayobozi ba Diviziyo ya 2 ya UPDF hamwe na Diviziyo ya 5 ku ruhande rwa RDF yabereye Kabare ndetse na Mbarara, yibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi no kunoza imikoranire hagati yazo ndetse n’abaturage batuye ku mipaka ihuza ibi bihugu.
Mu ijambo rye risoza inama, Umuyobozi wungirije w’Ingabo zirwanira ku butaka z’Igihugu cya Uganda, Maj Gen Francis Takirwa, yashimiye abitabiriye inama ku ruhare rwabo n’ibitekerezo byubaka mu biganiro byabaye.
Yagarutse ku kamaro k’ubufatanye buhoraho mu guhangana n’ibikorwa bitemewe byambukiranya imipaka, asaba impande zombi gukomeza gusangira amakuru kenshi no kunoza imikoranire. Yavuze ko ubufatanye nk’ubu bugaragaza ubushake bw’ubuyobozi burangajwe imbere n’Abagaba b’Ikirenga b’Ingabo ku mpande zombi, mu gukemura ibibazo bihuriweho.
Maj Gen Takirwa yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ku buyobozi bufite icyerekezo, bwatumye iyi gahunda ibaho.
Yanasabye ko bashimira Abakuru b’Ingabo z’ibihugu byombi ku ruhare bagize mu itegurwa ry’iyi nama.
Yasoje agira ati: “Impande zombi zungukira mu mutekano usesuye kuko abaturage bashobora gukora ubucuruzi n’ibindi bikorwa mu mutekano n’ituze, bazi ko umutekano wabo ucunzwe neza.’’
More News
END-OF-YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RWANDA’S DEFENCE AND SECURITY FORCES
Officers, Men, and Women of Rwanda’s Defence and Security Forces,
As we close another year, I take this moment to express my deepest gratitude for…
RWANDA SECURITY FORCES CONDUCT COMMUNITY WORK IN MACOMIA TOWN, CABO DELGADO PROVINCE
28 December 2024,
Rwandan Security Force (RSF) deployed in Macomia district, Cabo Delgado Province, Mozambique participated in community work…
MILITARY HEALTH SERVICE CHIEF OF STAFF ENGAGES RDF MEDICS ON SERVICE DELIVERY
Kigali, 26 December 2024
At RDF Headquarters in Kimihurura, Maj Gen Ephrem Rurangwa, Chief of Staff of the Military Health Services (MHS COS),…
EASF Concludes its Policy Organs Meeting in Kigali
Kigali, 21 December 2024
The Eastern Africa Standby Force (EASF) concluded its 33rd Policy Organs Meeting today, 21 December 2024, after six days of…
EASF CHIEFS OF DEFENCE CONVENE IN KIGALI FOR STRONGER PARTNERSHIP
Kigali, 19 December 2024
Today, the Eastern Africa Standby Force (EASF) Chiefs of Defence joined the Experts Working Group at the 33rd Policy Organs…
Rwanda hosts Eastern Africa Standby Force’s 33rd Policy Organs Meeting
Kigali, 16 December 2024
The Eastern Africa Standby Force (EASF) has begun its 33rd Policy Organs Meeting today, held in Rwanda at Kigali Convention…
RDF host an end-of-year dinner to honor the Defence Attachés accredited to Rwanda
Kigali, 13 December 2024
The Rwanda Defence Force (RDF) held an end-of-year dinner this evening to honor Defence Attachés, both resident and…
Defence Attachés Accredited to Rwanda gather at RDF Headquarters for a Security Briefing
Kigali, 13 December 2024
Defence attachés accredited to Rwanda were hosted today to a security briefing at the MINADEF/RDF Headquarters in…
PRIME MINISTER PRESIDES OVER SWEARING-IN CEREMONY OF NEW MILITARY HIGH COURT OFFICIALS
Kigali, 10 December 2024
The Right Hon. Prime Minister, Dr. Edouard Ngirente, officiated the Swearing-In Ceremony of newly appointed officials for…
Sergeant Minani Gervais arraigned in Military tribunal for killing 5 civilians in Nyamasheke district
Nyamasheke, 3 December 2024
Sergeant Minani Gervais was arraigned before a military tribunal today on murder charges related to the deaths of five…