INAMA YA GATANDATU Y’ABAYOBOZI B’INGABO ZA RDF NA UPDF BAKORERA HAFI Y’UMUPAKA UHUZA U RWANDA NA UGANDA YASOJE
Mbarara, 2 Ukwakira 2025
Inama y’iminsi itatu y’abayobozi b’ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe n’iza Uganda (UPDF) bakorera hafi y’umupaka uhuza ibihugu byombi, yasojwe kuri uyu wa kane i Mbarara.
Iyi nama yahuje abayobozi ba Diviziyo ya 2 ya UPDF hamwe na Diviziyo ya 5 ku ruhande rwa RDF yabereye Kabare ndetse na Mbarara, yibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi no kunoza imikoranire hagati yazo ndetse n’abaturage batuye ku mipaka ihuza ibi bihugu.
Mu ijambo rye risoza inama, Umuyobozi wungirije w’Ingabo zirwanira ku butaka z’Igihugu cya Uganda, Maj Gen Francis Takirwa, yashimiye abitabiriye inama ku ruhare rwabo n’ibitekerezo byubaka mu biganiro byabaye.
Yagarutse ku kamaro k’ubufatanye buhoraho mu guhangana n’ibikorwa bitemewe byambukiranya imipaka, asaba impande zombi gukomeza gusangira amakuru kenshi no kunoza imikoranire. Yavuze ko ubufatanye nk’ubu bugaragaza ubushake bw’ubuyobozi burangajwe imbere n’Abagaba b’Ikirenga b’Ingabo ku mpande zombi, mu gukemura ibibazo bihuriweho.
Maj Gen Takirwa yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ku buyobozi bufite icyerekezo, bwatumye iyi gahunda ibaho.
Yanasabye ko bashimira Abakuru b’Ingabo z’ibihugu byombi ku ruhare bagize mu itegurwa ry’iyi nama.
Yasoje agira ati: “Impande zombi zungukira mu mutekano usesuye kuko abaturage bashobora gukora ubucuruzi n’ibindi bikorwa mu mutekano n’ituze, bazi ko umutekano wabo ucunzwe neza.’’
More News
Students of Qatar’s Joaan Bin Jassim Academy for Defence Studies visit Rwanda Defence Force Command and Staff College
Musanze, 27 May 2023
A delegation of the Joint Command and Staff Course at Joaan Bin Jassim Academy for Defence Studies in Qatar comprised of 37…
Students from Qatar’s Joaan Bin Jassim Academy for Defence Studies visit RDF
Kigali, 24 May 2023
Today at the Defence Headquarters, RDF Army Chief of Staff, Lt Gen Mubarakh Muganga received a delegation of students, faculty…
HON MINISTER OF DEFENCE CLOSING REMARKS AT THE TENTH NATIONAL SECURITY SYMPOSIUM
Kigali, 19 May 2023
- Hon Ministers
- The Chief of Defence Staff
- Service Chiefs
- Excellency Ambassadors
- The Vice Chancellor, University of…
TENTH NATIONAL SECURITY SYMPOSIUM OPENS IN KIGALI
Kigali, 17 May 2023
The tenth National Security Symposium 2023 jointly organized by Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) and the…
Rwandan peacekeepers hand over rehabilitated classrooms in Bangui
On 12th May 2023, Rwandan Peacekeepers (RWABATT10) officially handed over six (6) rehabilitated classrooms of ECOLE KINA to the Ministry of Education.…
MOZAMBIQUE ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RWANDA SECURITY FORCES IN ANCUABE DISTRICT
Cabo Delgado, 07 May 2023
The Chief of General Staff of the Mozambique Armed Forces, Admiral Joaquim Mangrasse visited Rwanda Security Forces (RSF)…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
On 05 May 2023, Rwandan Peacekeepers (RWABAT2) under United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic…
Students from Ghana Armed Forces Command and Staff College visit Rwanda
Kigali, 01 May 2023
A delegation of students and members of faculty from Ghana Armed Forces Command and Staff College are on study tour in Rwanda…
RWANDA DEFENCE FORCE ORGANISES LIBERATION CUP TOURNAMENT
Kigali, 26 April 2023
Rwanda Defence Force (RDF) announces first ever Liberation Cup Tournament to be culminated on 4th July 2023 as Rwanda will be…
RDF Chief of Defence Staff officiates the closing ceremony of the workshop organised by RDF and ICRC
Kigali, 21 April 2023
Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff, Gen Jean Bosco Kazura officiated the closing ceremony of the workshop on Support…