INAMA YA GATANDATU Y’ABAYOBOZI B’INGABO ZA RDF NA UPDF BAKORERA HAFI Y’UMUPAKA UHUZA U RWANDA NA UGANDA YASOJE
Mbarara, 2 Ukwakira 2025
Inama y’iminsi itatu y’abayobozi b’ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe n’iza Uganda (UPDF) bakorera hafi y’umupaka uhuza ibihugu byombi, yasojwe kuri uyu wa kane i Mbarara.
Iyi nama yahuje abayobozi ba Diviziyo ya 2 ya UPDF hamwe na Diviziyo ya 5 ku ruhande rwa RDF yabereye Kabare ndetse na Mbarara, yibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi no kunoza imikoranire hagati yazo ndetse n’abaturage batuye ku mipaka ihuza ibi bihugu.
Mu ijambo rye risoza inama, Umuyobozi wungirije w’Ingabo zirwanira ku butaka z’Igihugu cya Uganda, Maj Gen Francis Takirwa, yashimiye abitabiriye inama ku ruhare rwabo n’ibitekerezo byubaka mu biganiro byabaye.
Yagarutse ku kamaro k’ubufatanye buhoraho mu guhangana n’ibikorwa bitemewe byambukiranya imipaka, asaba impande zombi gukomeza gusangira amakuru kenshi no kunoza imikoranire. Yavuze ko ubufatanye nk’ubu bugaragaza ubushake bw’ubuyobozi burangajwe imbere n’Abagaba b’Ikirenga b’Ingabo ku mpande zombi, mu gukemura ibibazo bihuriweho.
Maj Gen Takirwa yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ku buyobozi bufite icyerekezo, bwatumye iyi gahunda ibaho.
Yanasabye ko bashimira Abakuru b’Ingabo z’ibihugu byombi ku ruhare bagize mu itegurwa ry’iyi nama.
Yasoje agira ati: “Impande zombi zungukira mu mutekano usesuye kuko abaturage bashobora gukora ubucuruzi n’ibindi bikorwa mu mutekano n’ituze, bazi ko umutekano wabo ucunzwe neza.’’
More News
MINUSCA pays last tribute to Rwandan peacekeeper
Bangui, 20 January 2021
The United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA) and the…
RDF, RBC launch blood donation exercise
Kigali, 15 January 2021
The Rwanda Defence Force (RDF) and Rwanda Biomedical Centre (RBC) have today started an annual blood donation exercise. Kami…
RDF mourns fallen Rwandan Peacekeeper
REF:RDF/MPR/A/08/1/21
Kigali, 13 Jan 2021
The Rwanda Defence Force is deeply saddened by the death of a Rwandan peacekeeper serving under the…
END OF YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT AND COMMANDER-IN-CHIEF TO RWANDA’S DEFENCE AND SECURITY FORCES
On behalf of the Government of Rwanda and on my own behalf, I extend my best wishes for a prosperous New Year 2021 to the valiant men and women of…
Rwanda deploys force protection troops to Central African Republic
REF:RDF/MPR/A/07/12/20
Kigali, 20 December 2020
The Government of Rwanda has deployed force protection troops to the Central African Republic, under…
EASF Council of Ministers adopts the Organisation’s strategic plan for the next five years
Kigali, 18 December 2020
The 28th session of the Eastern Africa Standby Force's Council of Ministers for Defence and Security meeting was held today…
EASF Defence Chiefs meet in Rwanda
Kigali, 16 December 2020
The Eastern Africa Standby Force (EASF) Chiefs of Defence and Security meeting has opened in Kigali as part of the 28th…
Rwanda hosts Eastern Africa Standby Force (EASF) Policy Organs Meetings
Kigali, 14 December 2020
Peace and Security leaders in the Eastern Africa Region are in Rwanda, Kigali from 14th to 18th December 2020, to…
The President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of RDF donates cows to vulnerable families in Burera District
Burera, 9 December 2020
HE President Paul Kagame and the Commander in Chief (C-in-C) of Rwanda Defence Force (RDF) has donated 20 cows to vulnerable…