INAMA YA GATANDATU Y’ABAYOBOZI B’INGABO ZA RDF NA UPDF BAKORERA HAFI Y’UMUPAKA UHUZA U RWANDA NA UGANDA YASOJE
Mbarara, 2 Ukwakira 2025
Inama y’iminsi itatu y’abayobozi b’ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe n’iza Uganda (UPDF) bakorera hafi y’umupaka uhuza ibihugu byombi, yasojwe kuri uyu wa kane i Mbarara.
Iyi nama yahuje abayobozi ba Diviziyo ya 2 ya UPDF hamwe na Diviziyo ya 5 ku ruhande rwa RDF yabereye Kabare ndetse na Mbarara, yibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi no kunoza imikoranire hagati yazo ndetse n’abaturage batuye ku mipaka ihuza ibi bihugu.
Mu ijambo rye risoza inama, Umuyobozi wungirije w’Ingabo zirwanira ku butaka z’Igihugu cya Uganda, Maj Gen Francis Takirwa, yashimiye abitabiriye inama ku ruhare rwabo n’ibitekerezo byubaka mu biganiro byabaye.
Yagarutse ku kamaro k’ubufatanye buhoraho mu guhangana n’ibikorwa bitemewe byambukiranya imipaka, asaba impande zombi gukomeza gusangira amakuru kenshi no kunoza imikoranire. Yavuze ko ubufatanye nk’ubu bugaragaza ubushake bw’ubuyobozi burangajwe imbere n’Abagaba b’Ikirenga b’Ingabo ku mpande zombi, mu gukemura ibibazo bihuriweho.
Maj Gen Takirwa yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ku buyobozi bufite icyerekezo, bwatumye iyi gahunda ibaho.
Yanasabye ko bashimira Abakuru b’Ingabo z’ibihugu byombi ku ruhare bagize mu itegurwa ry’iyi nama.
Yasoje agira ati: “Impande zombi zungukira mu mutekano usesuye kuko abaturage bashobora gukora ubucuruzi n’ibindi bikorwa mu mutekano n’ituze, bazi ko umutekano wabo ucunzwe neza.’’
More News
CHIEF OF CIVIL–MILITARY COOPERATION ADDRESSES STUDENTS OF RWANDA POLYTECHNIC–TUMBA COLLEGE OF TECHNOLOGY
The Chief of Civil–Military Cooperation (J9) of the Rwanda Defence Force, Col Désiré Migambi Mungamba, delivered a lecture to students of Rwanda…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE FREE MEDICAL SERVICES TO PRISONERS IN BRIA, CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Rwandan peacekeepers serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA) in…
RDF AND UPDF CONCLUDE 7TH PROXIMITY COMMANDERS' MEETING IN MUSANZE
The Seventh Proximity Commanders’ Meeting between the Rwanda Defence Force (RDF) 2 and 5 Divisions and the Uganda People’s Defence Forces (UPDF) 2…
RDF AND UPDF JOINT DELEGATION VISITS MUTOBO DEMOBILISATION CENTRE
A delegation from the Uganda Peoples’ Defence Forces (UPDF), together with commanders from the Rwanda Defence Force (RDF) deployed along the…
PROXIMITY COMMANDERS’ MEETING BETWEEN RDF AND UPDF CONVENES IN RWANDA TO ADDRESS CROSS-BORDER MATTERS
The Rwanda Defence Force (RDF) and the Uganda Peoples’ Defence Forces (UPDF) convened the seventh Proximity Commanders’ Meeting in Musanze from 18–20…
CHIEF OF CIVIL–MILITARY COOPERATION ADDRESSES STUDENTS OF THE INTERNATIONAL TECHNICAL SCHOOL OF KIGALI ON HEROIC VALUES
The Chief of Civil–Military Cooperation (Chief J9) in the Rwanda Defence Force (RDF), Col Désiré Migambi Mungamba, today delivered a lecture to more…
JAMAICA CHIEF OF DEFENCE STAFF VISITS RDF ENGINEER CONTINGENT IN TRELAWNY PARISH
Montego Bay, 6 February 2026
The Chief of Defence Staff of the Jamaica Defence Force (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, on Friday paid a…
DEPUTY DEFENCE SPOKESPERSON HIGHLIGHTS THE SIGNIFICANCE OF NATIONAL HEROES TO STUDENTS OF NTARE LOUISENLUND SCHOOL
Bugesera, 2 February 2026
The Deputy Defence Spokesperson, Lt Col Simon Kabera, today delivered a lecture titled “The Significance of National…
DEFENCE SPOKESPERSON URGES STUDENTS TO EMBRACE HEROISM AND UNITY ON NATIONAL HEROES DAY
Kigali, 2 February 2026
The Defence Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga, on Monday addressed students at Riviera High School as part of…
THE JDF SUPPORT BRIGADE COMMANDER VISITS RDF ENGINEER CONTINGENT IN JAMAICA
Montego Bay, 31 January 2026
The Commander of the Jamaica Defence Force (JDF) Support Brigade, Brigadier O' neil A Bogle, visited the Rwanda…