INAMA YA GATANDATU Y’ABAYOBOZI B’INGABO ZA RDF NA UPDF BAKORERA HAFI Y’UMUPAKA UHUZA U RWANDA NA UGANDA YASOJE
Mbarara, 2 Ukwakira 2025
Inama y’iminsi itatu y’abayobozi b’ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe n’iza Uganda (UPDF) bakorera hafi y’umupaka uhuza ibihugu byombi, yasojwe kuri uyu wa kane i Mbarara.
Iyi nama yahuje abayobozi ba Diviziyo ya 2 ya UPDF hamwe na Diviziyo ya 5 ku ruhande rwa RDF yabereye Kabare ndetse na Mbarara, yibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi no kunoza imikoranire hagati yazo ndetse n’abaturage batuye ku mipaka ihuza ibi bihugu.
Mu ijambo rye risoza inama, Umuyobozi wungirije w’Ingabo zirwanira ku butaka z’Igihugu cya Uganda, Maj Gen Francis Takirwa, yashimiye abitabiriye inama ku ruhare rwabo n’ibitekerezo byubaka mu biganiro byabaye.
Yagarutse ku kamaro k’ubufatanye buhoraho mu guhangana n’ibikorwa bitemewe byambukiranya imipaka, asaba impande zombi gukomeza gusangira amakuru kenshi no kunoza imikoranire. Yavuze ko ubufatanye nk’ubu bugaragaza ubushake bw’ubuyobozi burangajwe imbere n’Abagaba b’Ikirenga b’Ingabo ku mpande zombi, mu gukemura ibibazo bihuriweho.
Maj Gen Takirwa yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ku buyobozi bufite icyerekezo, bwatumye iyi gahunda ibaho.
Yanasabye ko bashimira Abakuru b’Ingabo z’ibihugu byombi ku ruhare bagize mu itegurwa ry’iyi nama.
Yasoje agira ati: “Impande zombi zungukira mu mutekano usesuye kuko abaturage bashobora gukora ubucuruzi n’ibindi bikorwa mu mutekano n’ituze, bazi ko umutekano wabo ucunzwe neza.’’
More News
MAJ GEN EMMY RUVUSHA YASHYIKIRIJE INSHINGANO UMUSIMBUYE KU BUYOBOZI BW’INZEGO Z'UMUTEKANO Z’U RWANDA MURI CABO DELGADO
Cabo Delgado, 10 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Maj Gen Emmy K. Ruvusha, wari Umuyobozi w'Inzego z'umutekano z'u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado, muri…
MAJ GEN EMMY RUVUSHA HANDS OVER COMMAND RESPONSIBILITIES OF RWANDA SECURITY FORCES IN CABO DELGADO
Cabo Delgado, 10 October 2025
Today, Major General Emmy K. Ruvusha, the Joint Task Force Commander of the Rwanda Security Forces (RSF) in Mozambique,…
URUBYIRUKO RW’ABANYARWANDA RUTURUKA MURI AFURIKA Y’EPFO RWASUYE ICYICARO GIKURU CYA RDF
Kigali, 8 Ukwakira 2025
Itsinda rigizwe n’urubyiruko rw’Abanyarwanda cumi na babiri baba muri Afurika y’Epfo, riri mu ruzinduko rw’iminsi icumi mu…
RWANDAN YOUTH FROM SOUTH AFRICA VISIT RDF HEADQUARTERS
Kigali, 8 October 2025
A delegation of twelve (12) Rwandan youth residing in South Africa are currently on a ten-day visit to Rwanda as part of the…
ABANYESHURI BO MU ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA BASUYE INGORO YO KUBOHORA IGIHUGU KU MULINDI
Mulindi, 7 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Abanyeshuri bagize Icyiciro cya 25 biga amasomo ajyanye n'imiyoborere y'ingabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare…
RDF JUNIOR COMMAND AND STAFF COURSE INTAKE 25 VISITS THE RWANDA LIBERATION MUSEUM, MULINDI
Mulindi, 7 October 2025
Today, officers from the Rwanda Defence Force (RDF) Command and Staff College (Junior Command and Staff Course Intake 25)…
UMUGABA MUKURU W’INGABO ZA SOMALIYA YASUYE ICYICARO GIKURU CY’INGABO Z’U RWANDA
Kigali, ku wa 7 Ukwakira 2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Somaliya (SNAF), Maj Gen Odawa Yusuf Rage, n’intumwa ayoboye, bari mu ruzinduko rw'iminsi…
THE CHIEF OF DEFENCE FORCES OF THE SOMALIA NATIONAL ARMED FORCES VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 7 October 2025
The Chief of Defence Forces of the Somali National Armed Forces (CDF-SNAF), Major General Odawa Yusuf Rage, and his delegation…
RDF PRESS RELEASE - PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/DPA/A/11/08/25
Kigali, 4 October 2025
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND C-IN-C OF RDF HAS PROMOTED 632 OFFICERS, DUE FOR…
RDF AND UPDF CONCLUDE SIXTH PROXIMITY COMMANDERS’ MEETING
Mbarara, 2 October 2025
The Sixth Proximity Commanders’ Meeting between the Rwanda Defence Force (RDF) 5 Division and the Uganda People’s Defence…