INAMA YA GATANDATU Y’ABAYOBOZI B’INGABO ZA RDF NA UPDF BAKORERA HAFI Y’UMUPAKA UHUZA U RWANDA NA UGANDA YASOJE
Mbarara, 2 Ukwakira 2025
Inama y’iminsi itatu y’abayobozi b’ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe n’iza Uganda (UPDF) bakorera hafi y’umupaka uhuza ibihugu byombi, yasojwe kuri uyu wa kane i Mbarara.
Iyi nama yahuje abayobozi ba Diviziyo ya 2 ya UPDF hamwe na Diviziyo ya 5 ku ruhande rwa RDF yabereye Kabare ndetse na Mbarara, yibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi no kunoza imikoranire hagati yazo ndetse n’abaturage batuye ku mipaka ihuza ibi bihugu.
Mu ijambo rye risoza inama, Umuyobozi wungirije w’Ingabo zirwanira ku butaka z’Igihugu cya Uganda, Maj Gen Francis Takirwa, yashimiye abitabiriye inama ku ruhare rwabo n’ibitekerezo byubaka mu biganiro byabaye.
Yagarutse ku kamaro k’ubufatanye buhoraho mu guhangana n’ibikorwa bitemewe byambukiranya imipaka, asaba impande zombi gukomeza gusangira amakuru kenshi no kunoza imikoranire. Yavuze ko ubufatanye nk’ubu bugaragaza ubushake bw’ubuyobozi burangajwe imbere n’Abagaba b’Ikirenga b’Ingabo ku mpande zombi, mu gukemura ibibazo bihuriweho.
Maj Gen Takirwa yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ku buyobozi bufite icyerekezo, bwatumye iyi gahunda ibaho.
Yanasabye ko bashimira Abakuru b’Ingabo z’ibihugu byombi ku ruhare bagize mu itegurwa ry’iyi nama.
Yasoje agira ati: “Impande zombi zungukira mu mutekano usesuye kuko abaturage bashobora gukora ubucuruzi n’ibindi bikorwa mu mutekano n’ituze, bazi ko umutekano wabo ucunzwe neza.’’
More News
SPLA delegation visits Rwanda
Eight (8) General Officers and one (1) Senior Officer from the Sudan People’s Liberation Army (SPLA) General Headquarters are in Rwanda from 26 July –…
Burundi Command and Staff College on a study tour in Rwanda
A delegation of 22 Senior Officers from Burundi Command and Staff College is in Rwanda for a 4 days study tour (14 – 18 July 2008). The team is led by…
Rwanda and UK sign a Memorandum of Understanding
Rwanda’s Minister of Defence Gen Marcel GATSINZI and the United Kingdom (UK) Ambassador to Rwanda H.E. Nicholas CANNON signed a Memorandum of…
Closing Remarks by the Minister of Defence, Gen Marcel Gatsinzi, at the 6th Tripartite Plus Meeting of Chiefs of Defence Forces, Kigali, 20 June 2008
{[Read the whole speech->http://www.mod.gov.rw/?Closing-Remarks-by-the-Minister-of]}
Opening Remarks by Rwanda’s Minister of Defence, Gen Marcel Gatsinzi at the 6th Tripartite Plus Meeting of Chiefs of General Staff, Kigali, 20 June 2008
[{Read the whole speech}->http://www.mod.gov.rw/?Opening-Remarks-by-Rwanda-s]
Opening Remarks by Rwanda’s Minister of Defence, Gen Marcel Gatsinzi at the 6th Tripartite Plus Meeting of Chiefs of General Staff, Kigali, 20 June 2008
[{Read the whole speech}->http://www.mod.gov.rw/?Opening-Remarks-by-Rwanda-s]
Rwanda Air Force Officers and Airmen graduate in Logistics Science and Management
Ten [10] Officers and thirty one [31] Airmen from Rwanda Air Force graduated with ordinary and advanced Diploma in Logistics Science and Management,…
RDF Chief of General Staff meets his Congolese Counterpart
Joint Communiqué - June 16th, 2008
Bilateral meeting between RDF Chief of General Staff and FARDC Chief of General Staff.
MOD/RDF Leadership end a two days Retreat
A cross–section of Ministry of Defence (MOD) and Rwanda Defence Forces (RDF) leadership ended a two days retreat [13 – 14 June 2008] at Urumuri Hotel…
RDF Receives Training and Watercraft Spare Parts from the US Department of Defense
The United States Defense Attaché Office, through its International Military Education and Training (IMET) program, this month welcomed four United…