INAMA YA GATANDATU Y’ABAYOBOZI B’INGABO ZA RDF NA UPDF BAKORERA HAFI Y’UMUPAKA UHUZA U RWANDA NA UGANDA YASOJE
Mbarara, 2 Ukwakira 2025
Inama y’iminsi itatu y’abayobozi b’ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe n’iza Uganda (UPDF) bakorera hafi y’umupaka uhuza ibihugu byombi, yasojwe kuri uyu wa kane i Mbarara.
Iyi nama yahuje abayobozi ba Diviziyo ya 2 ya UPDF hamwe na Diviziyo ya 5 ku ruhande rwa RDF yabereye Kabare ndetse na Mbarara, yibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi no kunoza imikoranire hagati yazo ndetse n’abaturage batuye ku mipaka ihuza ibi bihugu.
Mu ijambo rye risoza inama, Umuyobozi wungirije w’Ingabo zirwanira ku butaka z’Igihugu cya Uganda, Maj Gen Francis Takirwa, yashimiye abitabiriye inama ku ruhare rwabo n’ibitekerezo byubaka mu biganiro byabaye.
Yagarutse ku kamaro k’ubufatanye buhoraho mu guhangana n’ibikorwa bitemewe byambukiranya imipaka, asaba impande zombi gukomeza gusangira amakuru kenshi no kunoza imikoranire. Yavuze ko ubufatanye nk’ubu bugaragaza ubushake bw’ubuyobozi burangajwe imbere n’Abagaba b’Ikirenga b’Ingabo ku mpande zombi, mu gukemura ibibazo bihuriweho.
Maj Gen Takirwa yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ku buyobozi bufite icyerekezo, bwatumye iyi gahunda ibaho.
Yanasabye ko bashimira Abakuru b’Ingabo z’ibihugu byombi ku ruhare bagize mu itegurwa ry’iyi nama.
Yasoje agira ati: “Impande zombi zungukira mu mutekano usesuye kuko abaturage bashobora gukora ubucuruzi n’ibindi bikorwa mu mutekano n’ituze, bazi ko umutekano wabo ucunzwe neza.’’
More News
Rwanda Defence Force Command and Staff College graduates 39 Junior Officers
Musanze, 26 October 2018
Thirty nine junior officers that include thirty seven from Rwanda Defence Force (RDF) and two from Rwanda National Police…
Rwanda Military Hospital successfully conducts Ebola simulation exercise
Kigali, 25 October 2018
Rwanda Defence Force (RDF) through Rwanda Military Hospital in Kanombe, on Thursday successfully conducted a drill dubbed…
Major General Murasira takes charge as the new Defence Minister
Kigali, 22 October 2018
Major General Albert Murasira, the newly appointed Defence Minister was today handed the reins of the Defence Ministry.…
Rwanda Defence Force Senior Officers undergo physical test
19 October 2018
Rwanda Defense Forces have started conducting annual Physical Fitness Tests (PFT) program for all its personnel. The first…
Rwanda hosts the African integrated crisis management course
Musanze, 14 October 2018
The Rwanda Peace Academy in collaboration with the Nordic Defense Cooperation (NORDEFCO) and the Eastern Africa Standby…
Relief as CAR diaspora donates medical insurance to 2000 vulnerable people in Huye
Huye, 01 October 2018
Central African Republic (CAR) diaspora have donated health care packages worth Rwf6 million to 2000 members of vulnerable…
Fifteen Rwanda Air Force personnel conclude Force Development training
Kigali, 27 September 2018
Fifteen (15) senior and junior officers from Rwanda Air Force concluded a ten-day workshop on Force Development Programme…
The 2nd Ugandan Deputy Prime Minister calls for regional efforts to address Security challenges
Jinja, 25 May 2013
Gen. Moses Ali, the Ugandan Second Prime Minister said that international terrorism, cross border crimes constitute menace to…
RDF participates in the largest military communications exercise code named ‘Africa Endeavor’
Five Rwanda Defence Force (RDF) officers and one Non Commissioned Officer (NCO) led by Col Charles KARAMBA have just returned home from Abuja, Nigeria…
EAC Defence liaison Officers on a sensitisation tour
The five East African Community (EAC) Defense Liaison Officers (DLOs) representing their respective Partner States at the EAC Secretariat will visit…