IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RWANDA SECURITY FORCE DONATES FISHING BOAT TO FISHERS' COOPERATIVE IN PALMA
Cabo Delgado, 18 June 2025
The Rwanda Security Force (RSF) operating in Mozambique, today donated a fishing boat to Mashalla Cooperative of fishers…
RDF AND UPDF OFFICIALS MEET IN NYAGATARE
Nyagatare, 18 June 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) and the Uganda Peoples’ Defence Forces (UPDF) are meeting in Nyagatare, Eastern Province, from…
108 SENIOR OFFICERS GRADUATE FROM RWANDA DEFENCE FORCE COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 16 June 2025
One hundred and eight (108) senior officers from the Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police, Rwanda Correctional…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DONATE EDUCATIONAL MATERIALS AND PAY SCHOOL FEES FOR STUDENTS
Bangui, 05 June 2025
Rwandan peacekeepers, serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African…
RWANDAN PEACEKEEPERS PLANT FRUIT TREES AND DONATE SPORTS EQUIPMENT TO SOUTH SUDANESE
Durupi, 5 June 2025
Rwandan Peacekeepers (RWANBATT 3), serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) carried out a series of…
DEFENCE EXPERTS FROM EAC PARTNER STATES CONVENE IN RWANDA TO PREPARE FOR EAC CIVIL-MILITARY COOPERATION ACTIVITY WEEK
Kigali, 2 June 2025
Defence experts from Partner States of the East African Community (EAC) have converged in Kigali for a Defence Expert Working…
EGYPTIAN ARMED FORCES CHIEF OF STAFF ON OFFICIAL VISIT TO RWANDA
Kigali, 1 June 2025
The Chief of Staff of the Egyptian Armed Forces, Lieutenant General Ahmed Fathi IBRAHIM KHALIFA, is on a three day official…
RDF AND UPDF SOLIDIFY RELATIONS THROUGH SPORTS
Ntungamo, Uganda – 31 May 2025
In a remarkable display of regional cooperation and unity, the Rwanda Defence Force (RDF) 5 Division and the Uganda…
RWANDA SECURITY FORCE HANDOVER MARKET TO RESIDENTS OF MACOMIA DISTRICT
Cabo Delgado, 30 May 2025
Rwanda Security Force (RSF) officially handed over a newly constructed market facility to the local population of Macomia…