IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
DRC fires rockets into Rwanda
REF: RDF/MPR/A/10/03/22
Kigali, 10 June 2022
The DRC armed forces, FARDC, fired two 122mm rockets into Rwanda from the Bunagana area, striking along…
The Government of the Republic of Mozambique officially returns the people of Mocimboa da Praia city to their homes
Today on 9 June 2022, the Joint Forces of Rwanda and Mozambique, started helping the people displaced by the terrorists to evacuate them from a vast…
Members of Rwanda Military Attachés Association pay tribute to the victims of the Genocide against the Tutsi
Kigali, 8 June 2022
Today, members of the Rwanda Military Attachés Association paid tribute to victims of the 1994 Genocide against the Tutsi at…
HEAD OF MINUSCA INAUGURATES A CONFERENCE HALL CONSTRUCTED BY RWANDAN PEACEKEEPERS IN BRIA, CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Yesterday, 07th June 2022, the Special Representative of Secretary General and Head of United Nations Multidimensional Integrated Stabilisation…
THE INSPECTOR GENERAL OF POLICE OF THE MOZAMBIQUE BERNARDINO RAFAEL VISITS PUNDANHAR AND QUIONGA, IN THE NORTH OF PALMA DISTRICT
On Monday 6 June 2022, the Police Commander of Republic of Mozambique, Inspector General of Police (IGP) Bernardino Rafael together with Administrator…
EAC FIELD TRAINING EXERCISE “USHIRIKIANO IMARA” KICKS OFF IN UGANDA
Jinja, 3 June 2022
The East African Community member states’ Armed Forces, police personnel and civilian components from 6 countries…
RWANDA SENDS TROOPS TO PARTICIPATE IN EAC MILITARY EXERCISE IN UGANDA
A total of 150 troops of Rwanda Defence Force (RDF) and 36 Rwanda National Police members, were yesterday sent to participate in the 12th East African…
RDF REQUESTS RELEASE OF SOLDIERS
REF: RDF/MPR/A/10/02/22
Kigali, 28 May 2022
Following the provocative aggression by FARDC on 23 May 22, where multiple rockets were fired on…
RDF REQUESTS INVESTIGATION OF THE FORCES ARMÉES DE LA RÉPUBLIQUE DÉMOCRATIQUE DU CONGO (FARDC) SHELLING ON RWANDAN TERRITORY
REF: RDF/MPR/A/10/01/22
Kigali, 23 May 2022
The Rwanda Defence Force (RDF) has requested the Expanded Joint Verification Mechanism (EJVM) to…
International Organisation of Francophonie to train Rwandan peacekeepers in French
GAKO, 19 May 2022
The Secretary General of the International Organisation of Francophonie (OIF), Her Excellency Louise Mushikiwabo yesterday launched…