IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
DEFENCE AND SECURITY CITIZEN OUTREACH PROGRAMME 2024 CONCLUDES ACROSS THE COUNTRY
Kigali, 19 June 2024
Today, the three-month Defence and Security Citizen Outreach Programme 2024 which was launched on 1 March 2024, in…
THE RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT 2024 ENDED WITH THE PRESENTATION OF SEVERAL TROPHIES
Kigali, 16 June 2024
Today at Kigali Pele Stadium, the RDF Liberation Cup tournament 2024 concluded with the final football match between the…
APR FC AND RAYON SPORT DRAW 0-0 IN A FRIENDLY FOOTBALL MATCH HELD AT AMAHORO STADIUM
On the 15th, APR FC, a Rwanda Defense Force football team, played a friendly football match against Rayon Sport at the Newly constructed Amahoro…
EAC ARMED FORCES FIELD TRAINING EXERCISE “USHIRIKIANO IMARA” OPENS IN RWANDA
Bugesera, 13 June 2024
Today, the 13th EAC Armed Forces Field Training Exercise (FTX) dubbed 'USHIRIKIANO IMARA2024' kicked off at Gako, Bugesera…
RWANDA SECURITY FORCE (RSF) REHABILITATES AND HANDS OVER PRIMARY SCHOOL TO THE RESIDENTS OF MOCIMBOA DA PRAIA DISTRICT
Cabo Delgado, 11 June 2024
Today, At Escola Primaria de Ntotwe, 25Kms from MdP District, RSF Joint Task Force Comd in Mozambique, Maj Gen Alex…
CENTRAL AFRICAN REPUBLIC ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 10 June 2024
Today, the Chief of General Staff (CGS) of the Central African Republic Armed Forces, Maj Gen Zépherin MAMADOU visited the…
FORTY-NINE SENIOR OFFICERS GRADUATE FROM RWANDA DEFENCE FORCE COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 7 June 2024
Forty-nine Senior Officers from Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police and Allied Armed Forces from 10 African…
RWANDA SECURITY FORCE (RSF) REHABILITATES A ROAD IN ANCUABE DISTRICT, CABO DELGADO
On Friday 31 May 2024, Rwandan security force (RSF) deployed in Ancuabe district, Cabo Delgado province, Mozambique participated in community work…
RWANDA PEACEKEEPERS PROVIDE FREE MEDICAL TREATMENT IN BRIA TOWN
Bria, 28 May 2024
Today, Rwandan peacekeepers (Battle Group VI), operating under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission…
RWANDA DEFENCE FORCE AND UGANDA PEOPLE'S DEFENCE FORCE MEET TO DISCUSS CROSS-BORDER SECURITY ASPECTS
Nyagatare, 28 May 2024
Today, in Nyagatare District, the Rwanda Defence Force (2nd and 5th Divisions) received a delegation from Uganda People’s…