IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
Handover Ceremony of newly appointed MOD permanent secretary
Kigali, 22 February 2023
Today, the newly appointed MOD Permanent Secretary, Col Célestin Kanyamahanga assumes office, he takes over from Maj Gen…
Rwanda’s Minister of Defence Maj. Gen Albert Murasira meets with his counterpart from the Kingdom of Netherlands, Hon. Kajsa OLLONGREN
On the sidelines of a summit on Responsible Artificial Intelligence in the Military Domain (REAIM) that was convened in The Hague, the Kingdom of the…
RDF PARTICIPATES IN MULTINATIONAL EXERCISE JUSTIFIED ACCORD 2023
Kigali, 16 February 2023
Rwanda Defence Force has sent military personnel in the multinational exercise codenamed Justified Accord 23 (JA23) from…
European Union Director of Military Planning and Concept Capability (DMPCC) visits Rwanda Security Forces Headquarters in Mocimboa da Praia District
Cabo Delgado,15 February 2023
On Wednesday, 15 February 2023, the European Union Director of Military Planning and Concept Capability (DMPCC) General…
CROSS-BORDER SHOOTING VIOLATION BY DRC TROOPS
REF: RDF/MPR/A/10/01/23
Kigali, 15 February 2023
On Wednesday morning at 4h30, FARDC forces estimated to be about one section (12 to 14 soldiers)…
RDF Senior Command and Staff Course Students start National Study Tour on Rwanda's Health Sector
Kigali, 13 February 2023
This morning, the Senior Command and Staff Course 11 started a National Study Tour on “Rwanda's health sector” which will…
Rwanda Security Forces in Mozambique donate scholastic materials to four Schools in Mocimboa da Praia and Palma district
Cabo Delgado, 13 February 2023
Rwanda Security Forces in Cabo Delgado province donated scholastic materials including exercise books and pens to one…
MOZAMBIQUE DEFENCE MINISTER VISITS RWANDA SECURITY FORCES IN ANCUABE, CABO DELGADO PROVINCE
Cabo Delgado, 05 February 2023
Mozambique Minister of Defence, Honorable Maj Gen Cristóvão Artur Chume, along with deputy commander of the Mozambican…
DEFENCE ATTACHÉS TO RWANDA BRIEFED ON RDF OPERATIONS AND TAKEN ON A TOUR OF THE LIBERATION TRAIL
Kigali, 3 February 2023
Defence Attachés accredited to Rwanda yesterday held a security briefing at Rwanda Defence Force Headquarters, Kimihurura.…