IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
Mozambique Armed Forces Chief of General Staff visits Rwanda Security Forces new deployment in Ancuabe District, Cabo Delgado Province
Cabo Delgado, 23 December 2022
The Chief of General Staff of the Mozambique Armed Forces, Admiral Joaquim Mangrasse visited Rwanda Security Forces…
RDF SOLDIERS COMPLETE BASIC SPECIAL OPERATION FORCES TRAINING COURSE
23 December 2022
Today, Rwanda Defence Force officers and other ranks concluded a 10 months Basic Special Operation Forces Course at the Basic…
Joint Rwanda and Thailand Peacekeepers in South Sudan conduct health care community outreach in Gudele, Juba Town
Juba, 17 December 2022
Today, joint Rwandan (Rwanbatt-1 and Rwanda Aviation Unity) and Thailand Peacekeepers under United Nations Mission in South…
RDF hosts an End of Year Dinner in honour of Defence Attachés accredited to Rwanda
Kigali, 9 December 2022
RDF has this evening organised an end of year dinner in honour of Defence Attachés accredited to Rwanda. The event was hosted…
Director of EASF pays courtesy call on Minister of Defence and RDF Chief of Defence Staff
Kigali, 6 December 2022
Today, the Director of Eastern Africa Standby Force (EASF), Brig Gen Getachew Shiferaw Fayisa accompanied by EASF Commander,…
MEMBERS OF SENATE AND PARLIAMENT VISIT RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN
Juba-Durupi, 1 December 2022
On the side-lines of the 12th EAC Inter-Parliamentary Games conducted in Juba, South Sudan, today the Vice President of…
A delegation from Eastern Africa Standby Force visits Rwanda for verification of Rwanda’s pledged capabilities
Kigali, 1 December 2022
This morning, a delegation from the Eastern Africa Standby Force (EASF) Secretariat led by Brig Gen Vincent GATAMA, the EASF…
Governor of Cabo Delgado province reopens Mocimboa da Praia port
Cabo Delgado, 29 November 2022
Today, 29 Nov 22, the Governor of Cabo Delgado province, Mozambique, Mr VALIGE TAUABO officially reopened the…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
On 25 November 2022, Rwandan Peacekeepers under United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic…