IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
PROXIMITY COMMANDERS OF RWANDA AND TANZANIA STRENGTHEN CROSS BORDER SECURITY
Nyagatare, 29 May 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) and the Tanzania People’s Defence Force (TPDF) are convening the 12th Proximity Commanders’…
RDF ARMY CHIEF OF STAFF BRIEFS RWANDA SECURITY FORCES AHEAD OF DEPLOYMENT TO CABO DELGADO
Kigali, 25 May 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff, Maj Gen Vincent Nyakarundi, accompanied by the Commissioner of Police Vincent…
RWANDA SECURITY FORCE CONDUCTS COMMUNITY WORK IN MACOMIA DISTRICT
Cabo Delgado, 24 May 2025
The Rwanda Security Force (RSF) deployed in Macomia District, Mozambique, along with residents of the Mucojo coastal…
RWANDAN PEACEKEEPERS INITIATE ANTI-MALNUTRITION CAMPAIGN IN MALAKAL COUNTY
Malakal, 23 May 2025
Rwandan female Peacekeepers ( Rwanbatt-2), in Malakal under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), conducted a…
MOZAMBICAN TROOPS GRADUATE IN AN ADVANCED INFANTRY COURSE
Mozambique, 23 May 2025
Today, the President of Mozambique and CinC of Mozambique Armed Forces (FADM), His Excellency Daniel Chapo presided over the…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DONATE EDUCATIONAL MATERIALS TO STUDENTS
Bria, 22 May 2025
Rwandan peacekeepers, comprising of Rwanda Battle Group VII and Rwanda Level 2+ Hospital, serving under the United Nations…
School authorities commend defence and security organs for constructing ECD Centres
Kigali, 20 May 2025
School authorities have expressed their appreciation to defence and security organs, as well as local authorities, for the…
LOCAL COMMUNITIES COMMEND SECURITY FORCES FOR PROVIDING CLEAN WATER
Kigali, 16 May 2025
Byenene Primary School in Kamonyi District and Mugogwe Primary School in Huye District have expressed their appreciation for the…
RWANDA DEFENCE FORCE CONCLUDES ANTI-GENDER BASED AVIOLENCE WORKSHOP FOR MILITARY SPOUSES
Gisagara, 14 May 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) has successfully concluded Anti-Gender-Based Violence (GBV) workshop aimed at enhancing the…
DEFENCE AND SECURITY MEDICAL OUTREACH ACTIVITIES PROGRESS IN NYARUGURU DISTRICT
Nyaruguru, 14 May 2025
From 28 April 2025 to-date, more than 6,300 patients received free medical treatment at Munini District Hospital in Nyaruguru…