IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF HOSTS APR FC TEAM FOR LUNCHEON TO CELEBRATE THE RECENT SUPER CUP VICTORY
Kigali,12 January 2026
The Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force (RDF), General MK Mubarakh, today hosted APR FC players and technical…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN THE CENTRAL AFRICAN REPUBLIC AWARDED UN SERVICE MEDALS
Bria, 7 January 2026
Rwandan peacekeepers deployed in Bria, Central African Republic (CAR), were today awarded United Nations service medals in…
RDF INTER-FORCE SPORTS COMPETITION REACHES QUARTER-FINALS
Kigali, 6 January 2026
The Rwanda Defence Force (RDF) Inter-Force Sports Competition has progressed to the quarter-final stage following a series…
END-OF-YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA DEFENCE FORCE
Kigali, 29 December 2025
Officers, Men, and Women of the Rwanda Defence Force and other Security Organs, as we close another year, I take this moment…
SECURITY ORGANS IN NORTHERN PROVINCE CONDUCT TREE-PLANTING ACTIVITY IN BURERA DISTRICT
Burera, 23 December 2025
Today, joint security forces comprising personnel from the Rwanda Defence Force (2nd Division), Rwanda National Police…
PRESIDENT OF MOZAMBIQUE’S PARLIAMENT VISITS RWANDAN SECURITY FORCES IN MOCÍMBOA DA PRAIA
Cabo Delgado, 23 December 2025
The President of the Parliament of the Republic of Mozambique, Her Excellency Margarida Adamugi Talapa, today visited…
RDF INFANTRY BRIGADE COMPLETES ADVANCED TRAINING COURSE
Kirehe, 22 December 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Infantry Brigade, comprising senior officers, junior officers, and other ranks, has…
RWANDA SECURITY FORCES IN MOCĂŤMBOA DA PRAIA PARTICIPATE IN PUBLIC SPORTS WITH LOCAL GOVERNMENT OFFICIALS
Cabo Delgado, 21 December 2025
The Rwanda Security Forces (RSF) deployed in Mozambique’s northern province of Cabo Delgado today participated in a…
RWANDA SECURITY FORCE COMMANDER RECEIVES MOZAMBIQUE DEPUTY ARMY COMMANDER IN MOCĂŤMBOA DA PRAIA
Cabo Delgado, 20 December 2025
Major General Vincent Gatama, Commander of the Rwanda Security Force (RSF) Joint Task Force, today received…
RWANDA DEFENCE FORCE CHIEF OF CIVIL MILITARY COOPERATION ADDRESSES YOUTH IN ISONGA NATIONAL SPORTS
Huye, 19 December 2025
The Rwanda Defence Force Chief of Civil-Military Cooperation (J9), Colonel Désiré Migambi Mungamba, yesterday addressed 477…