IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC RECEIVE UN SERVICE MEDALS
Bossembele- CAR, 12 August 2025
Rwandan peacekeepers (RWABAT-2) under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the…
RDF MILITARY POLICE TRAINING PROGRAMME CONCLUDES AT GAKO
Bugesera, 8 August 2025
A total of 163 officers and other ranks from the Rwanda Defence Force (RDF) Military Police have today successfully…
RDF HOSTS DEFENCE ATTACHÉS FOR A SECURITY BRIEF ON INTERNAL AND REGIONAL SECURITY DYNAMICS
Kigali, 7 August 2025
Defence Attachés (DA) and Associates accredited to Rwanda were hosted today at the Ministry of Defence/Rwanda Defence Force…
RDF Chief of Defence Staff hosts Sri Lanka Armed Forces delegation
Kigali, 6 August 2025
The Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff (CDS), Gen MK Mubarakh today received at RDF Headquarters, Kimihurura, a…
ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU
REF: RDF/DPA/A/10/05/2025
Kigali, 5 Kanama 2025
Ubuyobozi bwa RDF buramenyesha ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bukurikiranye mu butabera…
RWANDA DEFENCE FORCE OFFICERS AWARDED BACHELORS DEGREES IN GENERAL MEDICINE, SOCIAL AND MILITARY SCIENCE
Gako, 4 August 2025
Eighty-one Rwanda Defence Force officers were today awarded a bachelors degree after completing academic courses in General…
RWANDA DEFENCE FORCE DONATES LIVESTOCK TO VULNERABLE FAMILIES IN KAYONZA DISTRICT
Kayonza, 1st August 2025
The Rwanda Defence Force today donated livestock (cows and goats) to the vulnerable families in Kayonza District , Ndego…
DEPUTY AIR FORCE CHIEF OF STAFF VISITS RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN
Juba, 31 July 2025
Brigadier General Godfrey Gasana, the Deputy Air Force Chief of Staff of the Rwanda Air Force (RAF), is visiting Rwandan…
SRI LANKA DEFENCE SERVICES COMMAND AND STAFF COLLEGE STUDENTS CONDUCT STUDY TOUR IN RWANDA
Kigali, 31 July 2025
A delegation of senior officers, comprising 18 students and faculty members from the Sri Lanka Defence Services Command and…
RWANDA PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH THE PRESIDENTIAL MEDAL OF APPRECIATION
Bangui, 29 July 2025
Rwandan peacekeepers (RWABATT13) serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the…