IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
SOUTH SUDAN SENIOR OFFICIALS IN RWANDA FOR A POST-CONFLICT PEACEBUILDING COURSE
Musanze, 29 November 2021
Senior Government and security officials including Ministers, Senior military officials (Maj Gen - Lt Gen), Members of…
Military Contingent from Netherlands Armed Forces conduct a field training exercise in Rwanda
Kigali, 28 November 2021
A contingent of 150 soldiers of the 44 Mechanized Infantry Bn from the Royal Netherlands Army are in Rwanda for a…
Rwanda Security Forces, Mozambican Security Organs and residents of Palma conduct community work in Palma town, Cabo Delgado Province, Mozambique
Today, Saturday, 27 November 2021, Rwanda Security Force (RSF) deployed in Mozambique’s Northern Province of Cabo Delgado, introduced community work,…
RDF Officers and other ranks complete Advanced Infantry Training
Nasho, 25 November 2021
Close to 1000 RDF soldiers including Junior officers and other Ranks completed a 6 months Advanced Infantry Training (AIT) at…
Rwanda hosts international symposium on prevention of recruitment and use of Children in conflict situations
Kigali, 17 November 2021
The Dallaire Institute for Children, Peace and Security in collaboration with Rwanda Defence Force and University of Rwanda…
DRC ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RWANDA
Kigali, 10 November 2021
The Democratic Republic of Congo Armed Forces (FARDC) Chief of General Staff, Gen Célestin Mbala Munsense is on an official…
PRESS RELEASE : RDF not involved in M23 attack in DRC
9 November 2021
The Rwanda Defence Force is neither involved in nor supports any activities of the ex-M23 armed group.
It has been reported that an…
Rwandan peacekeepers conduct community work in Bangui Capital City
Bangui, 30 October 2021
Rwandan Peacekeepers (RWABATT8, RWABATT9) serving under the United Nations Multidimensional Mission in Central African…
RDF, NEBRASKA NATIONAL GUARD AND CZECH REPUBLIC TRILATERAL PARTNERSHIP
Kigali, 29 October 2021
A team of US senior military officials led by Maj Gen Daryl BOHAC, Adjutant General of the Nebraska National Guard is in…
RDF OFFERS Â LIVESTOCK AND BEDDINGS TO FAMILIES IN NYARUGURU AND NYAMAGABE DISTRICTS
Nyamagabe, 22 October 2021
Rwanda Defence Force donated livestock to 255 families in Ruheru, Muganza and Kitabi, Buruhukiro sectors in Nyaruguru and…