IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
TPDF Chief of Defence Forces visits Rwanda
Kigali, 24 August 2021
The Chief of Defence Forces of Tanzania People's Defence Forces (TPDF), General Venance Mabeyo is on an official visit to…
RWANDA AVIATION UNIT UNDER UNMISS DECORATED WITH UN PEACE KEEPING MEDAL
Juba, 20 August 2021
Rwanda peacekeepers Aviation Unit 9 (RAU9) serving under United Nation Mission in South Sudan (UNMISS) were awarded with UN…
CAR President visits RDF Headquarters
Kigali, 6 August 2021
His Excellency President Faustin-Archange Touadéra of the Central African Republic (CAR), who is in Rwanda for a four-day state…
Rwanda deploys an additional Infantry Battalion to MINUSCA
Kigali, 03 August 2021
Rwanda has started the deployment of an additional Infantry Battalion of 750 military personnel to the United Nations…
Zimbabwe Defence Minister visits Rwanda
Kigali, 2 August 2021
The Zimbabwe Minister of Defence, Honourable OCZ Muchinguri Kashiri is in Rwanda for a two-day official visit from 02 to 03…
RDF HONOURS RETIRING MILITARY OFFICERS
Kigali, 31 July 2021
Rwanda Defence Force (RDF) has for the ninth time held a send-off ceremony to honour the service of Military personnel who…
Rwanda hands over Burundian combatants through the Expanded Joint Verification Mechanism
Kigali, 30 July 2021
The Government of Rwanda has handed over to Burundi, 19 Burundian combatants who illegally crossed from Burundi to Rwanda on 29…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN DECORATED WITH UN MEDALS
Juba, 28 July 2021
Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-1) serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were today decorated with UN…
ANGOLAN ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RWANDA
Kigali, 27 July 2021
The Chief of the General Staff of the Angolan Armed Forces (FAA), General AntĂłnio EgĂdio de Sousa Santos is on an official visit…
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z' U RWANDA
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z' U RWANDA