IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RDF AND RNP PERSONNEL COMPLETE CAREER COURSES IN GABIRO COMBAT TRAINING CENTRE
Gabiro, 16 August 2024
Over 450 officers and other ranks from the Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police (RNP), and Rwanda Correctional…
RDF MILITARY POLICE COMPLETE VIP PROTECTION COURSE AT GAKO
Gako, 14 August 2024
100 personnel from Rwanda Defence Force (RDF) Military police have successfully completed a six-week intensive training program…
THE CHIEF OF DEFENCE FORCES OF THE UGANDA PEOPLES' DEFENCE FORCES VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 12 August 2024
Today, the Uganda People's Defence Forces (UPDF) Chief of Defence Forces (CDF) Gen Muhoozi Kainerugaba along with his…
AU Compliance and Accountability in Peace Support Operations workshop concludes
Kigali, 10 August 2024
Today, representatives of member states of the East African Standby Force concluded a ten-day workshop on African Union…
THE RDF ARMY CHIEF OF STAFF ACKNOWLEDGES THE EXCELLENT WORK CARRIED OUT BY THE RWANDAN PEACEKEEPERS IN BOSSEMBÉLÉ
Bossembélé, 8 August 2024
The RDF Army Chief of Staff, Maj Gen Vicent Nyakarundi who is currently in the Central African Republic to visit Rwandan…
Senior Delegation of Chinese People’s Liberation Army visits MOD and RDF HQs
Kigali, 8 August 2024
Hon J Marizamunda, the Minister of Defence and Gen MK Mubarakh, the Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force,…
THE RDF ARMY CHIEF OF STAFF VISITS SRSG AFTER INSPECTING RWANDAN PEACEKEEPERS IN BRIA
Bria, 7 August 2024
Today, the Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff (ACOS), Major General Vincent Nyakarundi, visited the Special…
RDF Infantry Brigade completes Advanced Infantry Course
Gabiro, 6 August 2024
The Rwanda Defence Force (RDF) Chief of Defence Staff, Gen MK Mubarakh presided over the pass out ceremony of an Infantry…