IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RDF Spokesperson lectures RICA students on sustaining Rwanda’s achievements
Bugesera, 7 July 2023
Today, the Defence and Military Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga addressed students at the Rwanda Institute for…
Defence Attachés to Rwanda briefed on RDF operations and internal as well as regional security dynamics
Kigali, 5 July 2023
Defence Attachés (DA) accredited to Rwanda today were hosted for a security briefing at Rwanda Defence Force Headquarters,…
Rugerero IDP Model Village inaugurated as Rwanda marks 29th Liberation Day Celebration
Rubavu, 4 July 2023
On behalf of HE Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of Rwanda Defence Force, Rt Hon Prime…
RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT SUCCESSFULLY CONCLUDES IN KIGALI
Nyarugenge, 03 July 2023
The RDF Liberation Tournament concluded today with a final football match between Republican Guard (RG) and Task Force…
RDF officers and other ranks complete Advanced Infantry Training
Nasho, 29 June 2023
More than 3,000 RDF soldiers including senior officers, junior officers and other ranks completed a six months advanced infantry…
The Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of the Republic of Rwanda pays a courtesy call on Mozambican Armed forces Chief of General Staff
Pemba, 27 June 2023
Today, the Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda, Gen James KABAREBE paid a courtesy call on the…
Kenya Defence Forces Chief of Defence Forces visits RDF Headquarters
Kigali, 27 June 2023
Today, Kenya Defence Forces (KDF) Chief of Defence Forces, General Francis Ogolla visited the Rwanda Defence Force headquarters…
EAC member states Armed Forces exercise “Ushirikiano Imara” winds up
Musanze, 26 June 2023
EAC member states Armed Forces, police personnel and civilians today concluded a two-week long Command Post Exercise (CPX)…
Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda visits Rwanda Security Forces in Cabo Delgado Province
Cabo Delgado, 23 June 2023
The Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda and Commander-In-Chief of Rwanda Defence Force,…
RDF Liberation Cup Tournament Competition reaches Quarter-Finals
Kigali, 21 June 2023
The Rwanda Defence Force Liberation Cup Tournament has reached the quarter finals.
Teams that qualified played today with…