IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
Rwanda Security Forces and Mozambican Armed Forces conduct operations in Pundanhar and Nhica do Ruvuma-west of Palma District
Cabo Delgado, 08 February 2022
For the last two days, Joint offensive operations were conducted by Rwandan and Mozambican security forces in the…
RDFCSC STUDENTS EMBARK ON THEIR ANNUAL NATIONAL STUDY TOUR 2022
Kigali, 7 February 2022
Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) students have embarked on a weeklong National Study Tour (NST 2022)…
RE-OPENING OF SCHOOLS IN PALMA DISTRICT, CABO DELGADO PROVINCE, MOZAMBIQUE
Today, 31 January 2022, the government of Mozambique officially re-opened Primary schools in Palma district.
The ceremony was held in Palma town,…
PRESIDENT PAUL KAGAME OPENS AFRICAN AIR CHIEFS’ SYMPOSIUM
Kigali, 25 January 2022
H.E President Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda and Commander-in- Chief of Rwanda Defence Force today…
President of Mozambique visits Mozambique and Rwanda Security Forces in Palma, Cabo Delgado Province, Mozambique
Yesterday, 21 January 2022, the President of the Republic of Mozambique Filipe Jacinto Nyusi visited the Joint forces of Mozambique and Rwanda in…
Rwanda to host African Air Chiefs Symposium
Kigali, 21 January 2022
In partnership with the United States Air Forces in Europe - Air Forces in Africa (USAFE-AFAFRICA) Rwanda will host the…
South African Chief of Defence Forces and Mozambican Deputy Chief of Defence Forces visit Rwanda Security Forces Hqs in Mocimboa da Praia city, Cabo Delgaldo province, Mozambique.
On Wednesday, 19th January 2022 a delegation headed by Gen Rudzani Maphwanya the Chief of South African National Defence Forces (CDF) accompanied by…
A Delegation from Egyptian Military Academy visits Rwanda Defence Force
Kigali, 20 January 2022
A delegation from Egyptian Military Academy headed by Brig Gen Ahmed Ibrahim Mohammed Alam El Deen and 04 military officer…
Minister Vincent Biruta visits RDF troops in Central African Republic
Bangui, 14 January 2022
Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Hon Vincent Biruta visited Rwanda 57 Task Force Battalion at their…
JORDAN delegation visits Rwanda Defence Force
Kigali, 14 January 2022
A delegation from Jordan headed by Maj Gen Ahmed Husni Hasan Hatoqia, the Director of General Intelligence Department today…