IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
FLN captives handed over by Burundi to Rwanda at Nemba One stop border post
19 October 2021
11 FLN captives were today handed over by Burundi to Rwanda through the Expanded Joint Verification Mechanism (EJVM) at Nemba One…
Statement on cross-border incident in Rubavu District on 18 October 2021
On 18 Oct 2021, Rwanda security forces pursued smugglers who crossed the Rwanda-DRC border at Hehu Cell, Bugeshi Sector, Rubavu District. Rwandan law…
UN Team of experts conducts survey on pre-deployment training and deployment preparation expenses of peacekeeping personnel
Kigali, 18 October 2021
A team of experts from the United Nations in New York is currently in Rwanda from 18th to 21st October 2021 to conduct the…
33 RDF OFFICERS COMPLETE JUNIOR COMMAND AND STAFF COURSE
Musanze, 15 October 2021
Thirty-three officers of the Rwanda Defence Force (RDF) and three officers from Rwanda National Police (RNP) have…
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z'U RWANDA
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z' U RWANDA
Students, Lecturers of the Claude Bernard University Diploma of Allergology, Lyon, France on a medical training visit at Rwanda Military Hospital
Kigali, 14 October 2021
A delegation of 30 medical students and seven lecturers from French-speaking University Diploma of Allergology (DUFRAL) from…
EAC Armed Forces CIMIC activities contribute in deepening cooperation
Machakos - Kenya, 13 October 2021
The Rwanda Defence Force (RDF) Medical Contingent treated 1129 patients during the EAC Armed Forces Civil Military…
Malawian Deputy Minister of Defence and delegation visit Rwanda
Kigali, 11 October 2021
The Deputy Minister of Defence, Hon. Jean Muonaowauza Sendeza acompanied by the Commander of Malawi Defence Forces Gen…
RDF participates in EAC Armed Forces Civil Military Activities
Machakos- Kenya, 9 October 2021
The Rwanda Defence Force contingent of 19 medical personnel along with other contingents from EAC Armed Forces today…
President Kagame and President Nyusi praise Rwandan Joint Forces deployed with Mozambican forces in Cabo Delgado Province
Pemba, 24 September 2021
President Paul Kagame has applauded the work done by Rwandan Joint Force and Mozambican troops in liberating Cabo Delgado…